00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umucamanza yikuye mu rubanza rwa Béatrice Munyenyezi

Yanditswe na Nshimiyimana Théogène
Kuya 12 August 2026 saa 09:46
Yasuwe :

Umwe mu bacamanza bagize inteko iburanisha Béatrice Munyenyezi yavuye muri uru rubanza kuko yimuriwe mu rundi rukiko.

Munyenyezi woherejwe mu Rwanda na Leta Zunze ubumwe za Amerika aburanira mu Rwanda aburana ubujurire ku gihano cya burundu yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye.

Mu bujurire, aburanira mu rugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi rufite icyicaro i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

Munyenyezi n’abunganizi be mu mategeko ari bo Me Bruce Bikotwa na Me Félicien Gashema basabaga ko yagirwa umwere ku byaha aregwa kuko ngo ntabyo yakoze, Ubushinjacyaha busaba ko igihano yakatiwe cya burundu.

Urukiko rwari rwapfundikiye iburanisha, rutangaza ko urubanza ruzasomwa taliki ya 30 Nyakanga 2026 gusa ntirwasomwe nk’uko byari biteganyijwe.

Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko Inteko iburanisha Munyenyezi yafashe icyemezo cyo gusubika isomwa ry’urubanza ryari riteganyijwe kubera ko umwe mu bacamanza baruburanishije yimuriwe mu rundi rukiko.

Umwanzuro wafashe nyuma yo kwimuka k’uyu mucamanza ni uko urubanza ugomba kongera gupfundurwa kugira ngo hashyirwemo undi mucamanza.

Umwe mu banyamategeko yasobanuye ko iyo bigenze uku, ababuranyi bitabira urubanza bakerekwa umucamanza mushya byaba na ngombwa akagira ibyo abaza ariko ko urubanza rutakongera kuburanishwa.

Munyenyezi aregwa ibyaha bitanu ari byo icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside, icyaha cyo gutegura Jenoside, gushishikariza Interahamwe gukora jenoside, ubufatanyacyaha ku cyaha cya Jenoside n’icyaha cy’ubufatanyacya mu gusambanya abagore n’abakobwa ku gahato.

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwamuhamije ibyaha bine, rumugira umwere ku cyaha cyo gushishikariza Interahamwe gukora Jenoside, rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu.

Kuva urubanza rwatangira, Munyenyezi n’abunganizi be baburanye bahakana ibyaha aregwa bakavuga ko yari atwite inda y’impanga y’imvutsi anafite umwana muto ku buryo nta mbaraga zo gukora ibyaha yari kubona.

Bavuze ko icyo Munyenyezi azira ari umuryango yashatsemo wakoze Jenoside gusa ibyo Ubushinjacyaha bubyamaganira kure, buvuga ko sebukwe, Maurice Ntahobari, na baramukazi ba batakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.

Munyenyezi yagejejwe mu Rwanda ku itariki ya 16 Mata 2021 amaze kwirukanwa na Amerika nyuma yo kurangiza igihano cy’imyaka 10 yari yarakatiwe kubera kubeshya ko nta ruhare yagize muri Jenoside, Amerika ikamuha ubuhungiro.

Ni umukazana wa Pauline Nyiramasuhuko kuko ni umugore wa Arsène Shalom Ntahobari. Nyiramasuhuko yari na Minisitiri w’Umuryango muri Leta y’Abatabazi, we n’umuhungu we na bo bakaba bafunze bazira ibyaha bifitanye isano na Jenoside.

Munyenyezi Béatrice afungiye mu igororero rya Nyarugenge. Niba nta gihindutse, urubanza rwe ruzapfundurwa muri Nzeri 2026.

Umucamanza umwe yavuye mu rubanza rwa Munyenyezi kubera ko yimuriwe mu rundi rukiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages