Dr. Rwamucyo yakatiwe igifungo cy’imyaka 27 tariki ya 30 Ukwakira 2024. Ari kuburana ubujurire mu Rukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa kuva tariki 9 Kamena 2026.
Kuva uru rubanza rwatangira, abanyamategeko barindwi b’uyu muganga baranzwe no gushidikanya ku mateka y’u Rwanda, kuvuga ko abatangabuhamya babeshya no gushinja Leta y’u Rwanda ibyaha by’intambara no kuyoboza igitugu.
Raporo y’umuryango CPCR uharanira kugeza mu butabera abakoze Jenoside, igaragaza ko ibi babisubiyemo ku munsi wa 20 w’urubanza ubwo Kabanda yari amaze gutanga ubuhamya bukubiyemo amateka ye bwite nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ay’Abatutsi bose, ay’u Rwanda muri rusange ndetse n’aya IBUKA France.
Me André_Martin Karongozi wunganira abatanze ikirego yasabye Kabanda kuvuga kuri Rwamucyo n’abamwunganira bavuze cyane Perezida Paul Kagame na Leta y’u Rwanda muri rusange muri uru rubanza, agaragaza ko ari amayeri yo gutesha agaciro ubuhamya butangwa.
Me Fellous Daniel wunganira Rwamucyo yabajije Kabanda niba mu mateka y’u Rwanda, “inzirakarengane z’Abahutu” zitarakuwemo bigambiriwe, amusubiza ko atari ko bimeze, ati “kuvuga ku nzirakarengane zakorewe Jenoside ntibivuze gukuramo inzirakarengane z’Abahutu”.
Undi munyamategeko wa Rwamucyo, Me Alexandre Sztulman, yasabye Kabanda kuvuga ku “byaha bya FPR”, anamubaza niba yemeranya n’umukiliya wabo wigeze kwandika mu cyegeranyo ko intambara yatangijwe na FPR yari “intambara y’ubusa”.
Kabanda yasubije Me Sztulman ko ingabo za RPA zitangira urugamba rwo kubohora u Rwanda tariki ya 1 Ukwakira 1990, hari Abatutsi bari barahungiye mu bihugu by’abaturanyi, ubwo bashakaga gutaha Juvénal Habyarimana wayoboraga iki gihugu abyanga byeruye kandi kenshi.
Abanyamategeko ba Rwamucyo bashinje Kabanda kubeshya kandi ngo, kimwe n’abandi batangabuhamya bo ku ruhande rurega, bakoreshwa na Leta y’u Rwanda. Aba batangabuhamya babiteye utwatsi kenshi, bagaragaza ko ari amatakirangoyi.
Kabanda yasobanuye ko IBUKA France ari umuryango wigenga ukorera mu Bufaransa, ugizwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba muri iki gihugu cyo ku mugabane w’i Burayi kandi uharanira inyungu zabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!