Mu ntangiriro z’iki cyumweru, uyu mukobwa w’imyaka 26 yagiye kwivuza muri iri vuriro riherereye ahitwa Kiruhura, ’muganga’ amutera urushinge rw’ikinya, ahita apfa.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko umurambo w’uyu mukobwa woherejwe mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFI) kugira ngo ukorerwe isuzuma.
Dr. Murangira yasobanuye ko Ndorimana ukekwa gutera uyu mukobwa urushinge rw’ingusho akaba ari na nyir’iri vuriro ry’ibanze, yamaze gufatwa.
Ati “Ukekwa Ndorimana Etienne akaba ari we nyiri poste de santé Inshuti Nyabikoni yarafashwe, afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Karama.”
Umurambo w’uyu mukobwa wamaze gusuzumwa ariko ibyavuye mu isuzuma ntibiratangazwa. Yashyinguwe tariki ya 11 Kanama 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!