Ku wa 8 Nzeri 2026, aba bombi bagejejwe imbere y’urukiko kugira ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umucamanza yahise ategeka abari mu rukiko bari baje gukurikirana iburanisha gusohoka, kubera ko umwe mu baregwa ari umwana w’imyaka 16.
Amategeko ateganya ko abana batarageza ku myaka y’ubukure baburanira mu muhezo.
Mu gicuku cyo ku wa 20 Kanama 2026, umugore w’imyaka 25 witwa Mukandekwe Clementine yasanzwe yapfuye mu nzu.
Nyakwigendera yari mu nzu, umugabo we usanzwe utwara imodoka avuga ko yakinguye, asanga umugore amanitse mu mishumi y’inkweto yapfuye, maze yihutira kumanura umurambo ndetse anakangura umuhungu we wararaga mu nzu zo hanze.
Umugabo yatabaje abaturanyi, bagiye kureba basanga umugore yamaze gupfa.
Ubushinjacyaha bwasabiye abaregwa gufungwa iminsi 30 y’agateganyo naho abaregwa bo basaba ko bakurikiranwa badafunze kuko nta perereza bakwica kandi hanashingiwe ko umuhungu yari umunyeshuri wari ugiye kwiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.
Umuhungu ukurikiranyweho iki cyaha ntabwo ari umwana wa nyakwigendera, ahubwo yari amubereye mukase. We na se bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana.
Umucamanza azatangaza icyemezo ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku wa 11 Nzeri 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!