00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Umugore arakekwaho gushinyagurira umurambo

Yanditswe na Nshimiyimana Théogène
Kuya 8 September 2026 saa 06:39
Yasuwe :

Umugore wo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yagejejwe mu rukiko aburana ibyaha birimo gushinyagurira umubiri w’umuntu ubwo yarimo avidura umusarani akabona bimwe mu bice by’umubiri w’umuntu ntatange amakuru ahubwo akabishyira mu murima w’umuturanyi we

Mu rubanza rwaburanishijwe ku wa 8 Nzeri 2026 Ubushinjacyaha bw’u Rwanda burega umugore w’imyaka 39 wo mu mudugudu wa Nyamiyaga mu kagari ka Gacu mu murenge wa Rwabicuma ko taliki ya 11 Kanama 2026, ubwo yari kumwe n’umugabo we barimo bavidura umusarani ngo babone ifumbire babonye bimwe mu bice by’umubiri w’umuntu bigizwe n’akaguru n’amaboko abiri baricecekera ntibabimenyesha ubuyobozi maze abaturage babona ibice bigize umubiri w’umuntu mu murima w’umuturanyi w’uregwa ari ho byashyizwe maze bimenyeshwa ubuyobozi nyuma bimenyekana ko uwo ibice by’umubiri byakuwe mu bwiherero bw’uregwa bamubajije na we yemera ko ibyo bice by’umubiri byavuye mu musarani we.

Uhagarariye ubushinjacyaha ati"Ibyo bice by’umubiri byarafatiriwe bityo [uregwa] akurikiranwe afunze kugira ngo iperereza ryimbitse rikomeze"

Uregwa yavuze ko uwo musarani wubatswe 2005 we n’umubyeyi we bawukoreshaga maze umubyeyi we arapfa 2012 ureka gukoreshwa mu 2017 kuko wari wuzuye uranasenyuka.

Uregwa yemeza ko ibice by’umubiri babibonye ari kumwe n’umugabo we ubwo baviduraga umusarani maze bagurisha ifumbire n’umugabo baturanye gusa ibyo bice by’umubiri babishyize mu murima w’umuturanyi wabo.

Yavuze ko yabonye ibice by’umubiri ari kumwe n’umugabo we ntibatanga amakuru.

Yagize ati"Kuva navuka nari ntarabona ibice by’umubiri w’umuntu wapfuye ni yo mpamvu ntatanze amakuru ko nabonye ibice by’umubiri w’umuntu kuko iyo mbimenya mba naratanze amakuru"

Yasabye urukiko ko yagirirwa imbabazi agafungurwa.

Umucamanza yatangaje ko icyemezo ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kizatangazwa taliki ya 11 Nzeri 2026.

Yatawe muri yombi ari kumwe n’umugabo we gusa umugabo yaje gufungurwa na we ntiyasubira mu gace yari atuyemo, naho ibice by’umubiri byafatiriwe bishyirwa mu biro by’akagari ka Gacu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages