00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Abavandimwe babiri bakekwaho ibyaha bya Jenoside bafunzwe iminsi 30 y’agateganyo

Yanditswe na Nshimiyimana Théogène
Kuya 19 August 2026 saa 08:03
Yasuwe :

Urukiko rw’ibanze rwa Ruhango rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo abavandimwe babiri bakekwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu kwezi kwa Kamena 2026 ni bwo Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abavandimwe babiri bakekwaho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Bombi baraturanye mu mudugudu wa Biroro mu Kagari ka Ngwa mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.

Intandaro yo gutabwa muri yombi ni amakimbirane aho umwe yashinjaga undi gutanga amakuru mu Nkiko Gacaca ajyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aya makimbiranye yabo yatumye bose batabwa muri yombi bafungirwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Nyanza.

IGIHE ifite amakuru ko umwe muri aba bagabo yavumbuye umukecuru wari wihishe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakamwica.

Dosiye yabo ubushinjacyaha bwayiregeye Urukiko rw’ibanze rwa Ruhango busaba ko bombi bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo iminsi 30.

Umwe yaburanye yemera icyaha avuga ko yagihaniwe mu Rukiko Gacaca, agakatirwa gukora imirimo nsimburagifungo, agasaba ko yafungurwa agakurikiranwa adafunze, mu gihe undi yaburanye ahakana ibyo yaregwaga na we asaba ko yafungurwa by’agateganyo.

Urukiko rw’ibanze rwa Ruhango rwafashe icyemezo ko bose bakurikiranwa bafunzwe iminsi 30 y’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha baregwa. Ubu bose bafungiye mu igororero rya Muhanga.

Akarere ka Nyanza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages