00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamagabe: Gitifu w’Umurenge afunzwe akekwaho guhohotera umuyobozi w’akagari

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 26 July 2026 saa 07:21
Yasuwe :

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yatawe muri yombi ku wa 24 Nyakanga 2026.

Byabaye nyuma yo kwitaba ihamagazwa rya kabiri ry’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ishami rya Nyamagabe.

Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko Gitifu Nkurikiyimana yarezwe n’umwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize Musebeya, wamushinje kumuhohotera.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebrand, yemeje ko Gitifu Nkurikiyimana afunzwe, ariko ko ibyo afungiwe byamenywa na RIB.

Ati "Dufite umuyobozi w’Umurenge wa Musebeya, Nkurikiyimana Pierre, ufite ibyo akurikiranweho, ariko ibyo Urwego rw’Ubugenzacyaha ni rwo rwabimenya. Ariko ubu ari gukorwaho iperereza, ejo ni bwo yatangiye kubazwa."

Gitifu Nkurikiyimana afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamagabe.

Inkuru ye turacyayikurikirana kugira ngo tumenye byinshi kuri dosiye ye.

Gitifu w'Umurenge wa Musebeya amaze umunsi afunzwe na RIB

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages