Ibi byabaye mu ijoro rishyira ku wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 2026, mu Mudugudu wa Maswa mu Kagari ka Rubona mu Murenge wa Rukumberi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi, Nshimiyimana Jean Pierre, yabwiye IGIHE ko uwo mugabo n’umugore bari birirwanye mu kabari basangira inzoga, baza kugira bimwe batumvikanaho bituma umugore akubita umugabo icupa amukomeretsa ku ijosi.
Ati “Ni umugabo n’umugore bagiranye ubushyamirane bari mu kabari, bararwana umugore akubita umugabo icupa ku ijosi arakomereka cyane, umugore twahise tumushyiriza Urwego rw’Ubugenzacyaha, umugabo na we tumujyana kwa muganga. Ubu bamujyanye ku bitaro bya Kibungo mu gihe tugishakisha andi makuru y’icyo bapfuye nubwo kugeza ubu tuvuga ko ari ubusinzi.’’
Gitifu Nshimiyimana yakomeje avuga ko inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano zahise zihagera zita muri yombi wa mugore. Yasabye abaturage kwirinda ubusinzi n’amakimbirane kuko atuma bafungwa.
Ati “Ubutumwa duha abaturage ni ukubashishikariza kwirinda ubusinzi n’amakimbirane yo mu miryango, abantu nibareke kwishora mu byaha kuko birangira bibafungishije rimwe na rimwe inshingano bari bafite mu muryango zikaba zitakomeza gukorwa neza. Ubuyobozi turiho ngo tubafashe gukemura buri kimwe cyose nibatugane aho kwishora mu byaha.’’
Kuri ubu uyu mugore afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Sake.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!