Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko Ndamyimana akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside no kugoreka ukuri kuri Jenoside agamije kuyobya rubanda. Yafashwe ku wa 11 Mata 2026.
Ni nyuma y’uko Ndamyimana yashakaga ko mu murenge ayoboye bibuka mu ijoro ry’itariki 6 Mata 2026.
Ntiharamenyekana icyo yashakaga ko bibuka, kuko Jenoside yakorewe Abatutsi yibukwa kuva tariki 7 Mata kugeza ku wa 3 Nyakanga buri mwaka, gusa itariki yahisemo ikunze gukoreshwa n’abashaka kugoreka amateka ya Jenoside, bavuga ko bibuka Juvenal Habyarimana, wapfuye kuri iyo tariki ahanuwe mu ndege.
Mu ibazwa, Ndamyimana yabanje kuvuga ko yabisabwe n’abarokotse Jenoside bo muri uwo murenge, akomeje kubazwa, aza gusobanura ko byari amarangamutima ye.
Iperereza rirakomeje kugira ngo asobanure icyo yise amarangamutima ye. Ukurikiranyweho icyaha afungiye kuri Station ya RIB ya Kamembe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!