00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Gitifu uregwa kwakira ruswa y’ibihumbi 200 Frw yajuriye

Yanditswe na Nshimiyimana Théogène
Kuya 29 August 2026 saa 03:11
Yasuwe :

Gitifu w’Umurenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara wahamijwe icyaha gifitanye isano no kwakira ruswa agahinishwa igifungo cy’imyaka irindwi n’amezi atandatu n’abo bareganwa ntibanyuzwe n’icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Huye kuko bajuriye.

Abaregwa ni abantu batatu ari bo Gatongore James wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba na Jean Bosco Ntayomba na Niyomugabo Emmanuel baregwa ubufatanyacyaha.

Gatongore yashijwe kwakira ibihumbi 200 Frw kugira ngo akingire ikibaba abenga inzoga zitemewe zizwi nka ‘Nyirantare’.

Ntayomba we ashinjwa kuba umukomisiyoneri wa Gatongore, kuko ayo mafaranga ari we wayahawe maze nawe ahita ayashyikiriza Gatongore James.

Ubushinjacyaha buvuga ko Jean Bosco Ntayomba yumvishije Niyomugabo Emmanuel n’undi muntu bengaga ‘Nyirantare’ ko bagomba gutanga, ibihumbi 200 Frw, buri wese agatanga ibihumbi 100 Frw, maze na we akayaha Gatongore James kugira ngo bemererwe gukomeza kwenga inzoga zitemewe.

Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko intandaro yo gufatwa kw’abo ari uko uwari watswe amafaranga ya ruswa mbere yo kuyatanga yahise ajya kubibwira Urwego rw’Ubugenzacyaha, nyuma ku bufatanye na Polisi bafata inoti zigeze ku bihumbi 100 Frw bazishyiraho ibimenyetso bayaha uwabahaye amakuru na we ayaha Ntayomba na we ayaha Gatongore.

Hashize umwanya muto Niyomugabo Emmanuel na we yashyikirije Ntayomba amafaranga, na we aya Gatongore, ubwo inzego zari ziri hafi aho zihita zibafata.

Gatongore yahakanye icyaha aregwa avuga ko ibyakozwe byose ari umugambi wacuzwe n’abo bigeze gushyamirana ndetse bakanarwana.

Ntayomba na Niyomugabo na bo bahakanye ko nta cyaha bakoze basaba kugirwa abere.

Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwatesheje agaciro ibyo abaregwa bireguje, rufata icyemezo ko Gatongore, Ntayomba na Niyomugabo bahamwa n’ibyaha baregwa, rutegeka ko Gatongore na Ntayomba bagomba gufungwa imyaka irindwi n’amezi atandatu, na ho Niyomugabo we agafungwa imyaka itanu.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko bose batanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye kuko bajuririye mu Rukiko Rukuru urugereko rwa Nyanza aho bategereje kuzaburana ubujurire.

Bose batawe muri yombi tariki ya 27 Ugushyingo 2025 bakaba bafungiye mu igororero rya Huye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages