00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BK Capital yatangije uburyo bushya bwo kuzigamira izabukuru

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 16 March 2024 saa 06:24
Yasuwe :

Ikigo cya BK Group gitanga serivisi zo gucunga imari, iz’ubujyanama mu by’imari n’ubuhuza ku isoko ry’imari n’imigabane, BK Capital, cyatangije uburyo bushya bwo kuzigamira izabukuru bwiswe ‘Tekana Personal Pension Scheme’.

Tekana Personal Pension Scheme ni uburyo bwo kwiteganyiriza buzajya bufasha abantu ku giti cyabo kuzigamira izabukuru hashingiwe ku byifuzo n’amahitamo yabo.

Abakiliya b’ubu buryo kandi bazaba bafite amahirwe yo kubona inyungu ziva ku ishoramari imisanzu yabo izakoreshwa.

Umuyobozi Mukuru wa BK Capital, Siongo Kisoso, yavuze ko ubu buryo bushya babutangije mu rwego rwo gufasha abantu gukomeza kubona amikoro ababeshaho mu gihe cy’izabukuru.

Yagize ati “Muri BK Capital tuzi agaciro k’igenamigambi ry’amasaziro mu kugira ubwiteganyirize bw’igihe kirere butekanye. Twafunguye Tekana Personal Pension Scheme tugamije gushyigikira abantu tubaha uburyo bwizewe kandi bukwiye bwo guteganyiriza amasaziro yabo. Ibyo bizatuma batuza kandi bisanzure ku mafaranga yabo mu myaka y’izabukuru”.

Yongeyeho ko kandi batangije ubu buryo bushya mu gufasha abantu kugira ahazaza heza bo n’imiryango yabo.

Ati “Twizera ko buri wese akwiye amahirwe yo guhagarika akazi ku bw’izabukuru afite ubwiteganyirize butuma atekana. Hamwe na Tekana Personal Pension Scheme’ dushaka gufasha abantu ku giti cyabo hirya no hino mu gihugu kubaka ahazaza heza habo ndetse n’imiryango yabo”.

Inyungu zo kwizigamira muri Tekana Personal Pension Scheme ni uko abanyamuryango bazajya bahabwa inyungu ku bwizigame bafite kuko umusanzu wabo uzajya ushyirwa mu ishoramari ryunguka nk’impapuro mpeshwamwenda inyungu zivuyemo n’abakiriya bakazibonaho.

Ikindi ni uko ubu buryo butagenewe gusa umukozi ufite ahantu runaka akorera ahubwo n’abikorera bemerewe kwizigamira muri Tekana Personal Pension Scheme.

Mu gihe kandi umunyamuryango wa Tekana personal pension ageze mu gihe cyo guhabwa ubwizigame bwe bw’izabukuru azajya aba afite amahitamo anyuranye yo guhabwa amafaranga ye haba kuyahererwa rimwe, kuyahabwa buri kwezi cyangwa kujya ahabwa inyungu zayo gusa.

Abanyamuryango ba Tekana Personal Pension kandi bazajya bahabwa ubujyanama mu bijyanye n’igenamigambi ry’imari banabashe gukurikirana ibijyanye n’ubwizagame bwabo bakoresheje internet.

Hasobanuwe imikorere ya Tekana Personal Pension Scheme
Umuyobozi Mukuru wa BK Capital, Singo Kisoso yavuze ko ubu buryo bushya babutangije mu rwego rwo gufasha abantu gukomeza kubona amikoro ababeshaho mu gihe cy’izabukuru
Ubu buryo buzajya buzajya bwungukira abakiliya ku bwizigame bafite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages