00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imisoro n’umusanzu ku mushahara bigiye kujya binyuzwa ku rubuga Ishema rwa RSSB

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 22 May 2025 saa 10:09
Yasuwe :

Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwamuritse urubuga rwitwa Ishema rugiye kujya rukorerwaho imenyekanisha ry’umusoro n’indi misanzu ya RSSB ikatwa ku mishahara y’abakozi ba Leta no mu bigo by’abikorera.

Ni urubuga ruzasimbura uburyo bwa E-Tax bwari busanzwe bukoreshwa mu kumenyekanisha iyo misoro n’imisanzu bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kuko bwo bwafataga igihe kinini.

Kumurika urwo rubuga rushya byabereye i Kigali kuri uyu wa 22 Gicurasi 2025.

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ikoranabuhanga muri RSSB, Ngendakuriyo Lionel, yasobanuye ko urwo rubuga rugamije kwihutisha imenyekanisha ry’imisoro n’imisanzu kuko kuri E-Tax byatwaraga igihe kinini.

Ati “Twashakaga korohereza abakoresha mu kumenyekanisha imisoro n’imisanzu y’abakozi kuko byatwaraga hagati y’iminsi ibiri n’itanu. Muri Leta ho wasangaga ari ikibazo kuko bahembwa ku itariki 25 bagakora imenyekanisha ku itariki 15 z’ukwezi gukurikiraho. Haba ubwo wasangaga ibyo bamenyekanishije byanze guhura kuko imishahara yabaga yamaze gutangwa.”

Ngendakuriyo yasobanuye ko Ishema inafasha abakoresha kumenyekanisha imisoro n’imisanzu yose nta cyo bibagiwe kuko hamwe wajyaga usanga hari ibyo bibagiwe ndetse igafasha n’abakozi kumenya ko imisanzu bakaswe ku mushahara yagiye mu byo yakatiwe.

Umusoro umenyekanishwa ni uwo ku mushahara ujya muri RRA mu gihe imisanzu ari iya pansiyo, iya RAMA, iya mituweli, iy’ibyago bikomoka ku mpanuka, n’iy’ikiruhuko cy’ububyeyi.

Icyo umukoresha asabwa mu gukoresha iryo koranabuhanga ni ugushyiramo urutonde rw’abakozi n’imishahara yabo ibindi iryo koranabuhanga rikabyikorera.

Uwayezu Concessa uri mu bakoresha batangiye gukoresha Ishema ikiri mu igerageza yavuze ko mu kumenyekanisha imisoro n’imisanzu yavuze ko byagabanyije igihe yamaraga agikoresha E-Tax.

Ati “Bifata igihe gito kandi ubundi buryo washoboraga gufata umunsi umwe ukamenyekanisha imisoro, undi pansiyo, undi RAMA n’ibindi bigatwara iminsi itandukanye ariko ubu ni iminota itarenga itanu.”

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine yavuze ko uburyo bwa Ishema buje kwihutisha imenyekanisha ry’imisoro n’imisanzu ku mushahara ariko no korohereza abakoresha.

Ati “Hari igihe abakoresha bageragezaga kwishyura bimwe ibindi ntibabyishyure ariko Ishema ifasha abayikoresha kumenyekanisha ibisabwa byose kandi vuba. Turakangurira abakoresha kwishyurira abakozi babo ibyo bagenerwa n’amategeko. Ikindi cyiza ni uko n’umukozi hari urubuga RSSB yamushyiriyeho rumufasha kumenya icyo umukoresha atamwishyuriye bityo akabasha kubikurikirana hakiri kare”.

Minisitiri Nkulikiyinka yongeyeyo kandi ko kwishyurira abakozi imisanzu ari itegeko kandi ko Miniteri y’ Abakozi n’ Umurimo ifite abagenzuzi b’ umurimo mu gihugu bakorana na RSSB ngo barebe ko abakoresha buzuza inshingano basabwa n’itegeko.

Gukoresha Ishema bisaba abakoresha guca kuri www.Ishema.rssb.rw bakabonaho uburyo bwo kwimuka kuri system ya E-Tax bagakurikiza andi mabwiriza abafasha gutangira gukoresha iryo koranabuhanga rishya.

Hasobanuwe imikorere ya Ishema mu kwihutisha imenyekanisha
Komiseri Mukuru wa RRA, Niwenshuti Ronald yitabiriye imurika ry'urubuga Ishema
Minisitiri Nkulikiyinka yavuze ko uburyo bwa Ishema buje kwihutisha imenyekanisha ry’imisoro n’imisanzu ku mushahara ariko no korohereza abakoresha
Umuyobozi muri RSSB, Ngendakuriyo Lionel yasobanuye ko urwo rubuga rugamije kwihutisha imenyekanisha ry’imisoro n’imisanzu kuko kuri E-Tax byatwaraga igihe kinini
Uwayezu Concessa uri mu bakoresha batangiye gukoresha Ishema ikiri mu igerageza yavuze ko mu kumenyekanisha imisoro n’imisanzu yavuze ko byagabanyije igihe yamaraga agikoresha E-Tax
Kumurika Ishema byitabiriwe n'abantu batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .