Ubu buryo bwamuritswe ku wa 16 Ukuboza 2025, gusa bwari bumaze igihe kigera ku mezi ane bukoreshwa ariko mu gisa n’igerageza.
Nyuma yo gukoreshwa n’abakiliya barenga ibihumbi 15, bakaboneraho amafaranga arenga miliyari 2 Frw, bwamurikiwe abakiliya n’abafatanyabikorwa ba SanlamAllianz Life Insurance Plc.
Ubu buryo bushya bukoresha telefone yose waba ufite ukanze *633# ukaba wabona serivisi zijyanye n’amafaranga yawe muri SanlamAllianz Life Insurance Plc, nko kureba imisanzu, kuyishyura, kwiha avanse n’inshamake cyangwa raporo (historique) ku bwishingizi bwawe.
Umuyobozi Mukuru wa SanlamAllianz Life Insurance Plc, Hodari Jean Chrysostome, yasobanuye ko ubusanzwe byatwaraga igihe kugira ngo umuntu abone amakuru ku bijyanye n’ubwishingizi bwe ariko ubu agiye kujya ayabonera aho ari.
Ati “Mbere byasabaga ukwezi kugira ngo ubone amakuru ukeneye, nyuma turabihindura biba ibyumweru bibiri, birahinduka biba icyumweru kimwe kandi na bwo bikagusaba kuza ku mashami yacu kugira ngo ubone izo serivisi. Ariko ubu umuntu azajya abyikorera aho aherereye hose ndetse abibone ako akanya.”
Yakomeje asobanura ko iyi gahunda yagiyeho mu rwego rwo korohereza abantu kubona serivisi zabo bitabangirije akazi cyangwa indi mirimo ya buri munsi ndetse badategereje igihe kirekire kugira ngo babone serivisi bashaka.
Umuyobozi ushinzwe kwigira mu bijyanye n’imari muri Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Bernard Nsengiyumva, yagaragaje ko ubu buryo bushya ari intambwe nziza itewe mu kwegereza serivisi abaturage ariko hanagaragazwa uruhare ikoranabuhanga rifite mu kunoza serivisi zihabwa abakiliya.
Ati “Muri BNR intego yacu ni gushyiraho uburyo budaheza uwo ari wese mu bijyanye n’imari. Kuba ubu buryo bushobora gukoreshwa n’umuntu uwo ari wese bidasabye ko aba afite internet ni urugero rwiza ko iyi ntego iba iri kujya mu bikorwa kuko uwo ari wese ashobora kugera ku mafaranga ye.”
SanlamAllianz Life Insurance Plc ni ikigo gitanga ubwishingizi bw’ubuzima bw’igihe kirekire, ikaba izwiho gutanga serivisi zigezweho ku bantu ku giti cyabo, ku bigo binini, ibito n’ibiciriritse ndetse n’amatsinda y’abantu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!