Byatangajwe ku wa 27 Gashyantare 2025, ubwo ibi bigo bifatanyije n’icyitwa n’ishuri MAT Abacus rihuza ibikorwa bya Kaminuza ya ITC mu Rwanda byizihizaga ibi birori.
Abahawe impamyabushobozi basoje amahugurwa ajyanye no kongera ubumenyi mu by’ubwishingizi ndetse no gutanga serivisi ku buryo bw’ubunyamwuga. Aya mahugurwa bari bayamazemo amezi atatu.
Umuyobozi wa Prime Life Insurance, Habarurema Innocent yeretse abasoje amahugurwa ko babitezeho byinshi bigamije guteza imbere urwego rw’ubwishingizi.
Ati “Musanzwe muri abakozi beza ariko mwongereho n’ubumenyi mukuye mu masomo mwahawe, mukemura ibibazo by’abaturage, mubasobanurira ibyiza byo kugira ubwishingizi kandi rwose twizeye ko bizatanga umusaruro.”
Habarurema yavuze ko aya mahugurwa asanzwe ahabwa abakozi ba Prime Life Insurance bakeneye guhugurwa cyangwa kurushaho kunguka ubundi bumenyi bujyanye n’ubwishingizi.
Ishimwe Martin wahize abandi muri aya mahugurwa yavuze ko byamusabye imbaraga nyinshi cyane kuko yabifatanyaga n’akazi ariko kubera intego yari yihaye abigeraho.
Ati “Byansabye imbaraga nyinshi kugira ngo mbigereho kuko nabifatanyaga n’akazi ariko kubera ko nashakaga kwiyungura ubundi bumenyi ku mitangire ya serivisi no kurushaho gusobanurira abakiliya ubwishingizi icyo ari cyo cyane ko hari ababa batabyumva, byanteye imbaraga kugeza mbigezeho.”
Yavuze ko we na bagenzi be biteguye guhindura imyumvire y’abaturage batarasobanukirwa akamaro k’ubwishingizi kandi bizeye ko bizatanga umusaruro mwiza.
Umuyobozi wa Kaminuza ya ITC, Mr. Saul Sseremba, yashimiye abanyeshuri basoje amahugurwa avuga ko ibyo bize bakwiye kurushaho kubishyira mu bikorwa no kugaragaza umusanzu wabo mu Banyarwanda.
Ati “Mumenye ko nubwo muhawe impamyabushobozi bitarangiriye aha. Mugende mugaragaze impinduka mu baturage.Tubitezeho ibisubizo bikemura ibibazo biri mu baturage.”
Yakomeje ababwira ko ubwishingizi bujyanye n’abantu. Bureba gukumira ibyago bihungabanya imiryango, ubucuruzi n’ibikorwa remezo mu gihe byangiritse, ko mu byo bashinzwe bitari ukugurisha ubwishingizi gusa ahubwo ari no gutanga icyizere ku babagana.
Abahawe impamyabushobozi barimo abagabo icyenda n’abagore barinsdwi basanzwe ari abakozi ba Prime Life Insurance. Ni impamyabushobozi zitanzwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda ku bufatanye na Kaminuza ya ITC yo muri Uganda.
Amafoto: Iraguha Jotham



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!