Minisitiri Abbas Araghchi yavuze ko ubwato buzemererwa kuhanyura mu gihe cyose agahenge k’iminsi 10 hagati ya Israel na Hezbollah kazamara, nubwo mbere Donald Trump yari yavuze ko Iran izakomeza gufungura iyi nzira.
Iri tangazo rya Iran ryatumye ibiciro bya peteroli na gaz bigabanuka cyane hirya no hino ku masoko.
Nubwo bimeze bityo, Ingabo za Lebanon zashinje Israel kutubahiriza agahenge k’imirwano amasaha make nyuma y’uko gatangiye. Ku rundi ruhande, umubare munini w’abaturage ba Lebanon bari barahunze, batangiye guhunguka.
Trump yavuze ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu ko ibiganiro hagati ya Amerika na Iran bigamije kugera ku gahenge karambye bizakomeza mu mpera z’icyumweru, ariko aburira ko hatabayeho kumvikana bitarenze ku wa Gatatu nta yandi mahirwe azongerwaho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!