Koperative y’abacuruzi bo mu isoko rya Nyabugogo mu murenge wa Muhima, mu karere ka Nyarugenge izatangira kubaka isoko ry’amagorofa umunani rizatwara miliyari 32 z’amafaranga y’u Rwanda kuva muri Mutarama 2015.
Aba bacuruzi bibumbiye muri Koperative COCOMANYA bishyize hamwe bishakamo amafaranga yo kubaka iyi nyubako izaba ikubiyemo amaduka manini n’amato. Nimara kuzura buri munyamuryango azahabwa umwanya wo gucururizamo atazishyurira ubukode.
Kuri ubu, COCOMANYA igizwe n’abacuruzi 557 barimo abagore 255 n’abagabo 302.
Benshi muri aba bacuruzi bishimiye bikomeye iki gikorwa kizagaragaza impinduka zikomeye mu bucuruzi bwabo. Mukantaganira Francoise ucuruza imyenda y’abana yishimiye ko umunsi iryo soko rizuzura atazongera guhangayika yishyura ubukode.
Yagize ati “Turishimye birenze. Iri soko niryuzura buri muntu azabona iduka rye bwite, ntabwo tuzongera guhihibikana twishyura ubukode buri kwezi.”
Uretse kuba isoko rya Nyabugogo ryari rishaje kandi ritajyanye n’igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali, ntiryari rifite n’imyanya ihagije yo kwakira abacuruzi bashya bakomeje kwiyongera.
Umuyobozi wa koperative COCOMANYA, Ngiruwonsanga Noah avuga ko abacuruzi bashya baburaga umwanya wo gucururizamo bigatera ubucucike n’akavuyo.
Ibi ni byo byatumye aba bacuruzi bareba uburyo bakubaka isoko rigari kugira ngo babone umwanya wo gushyiramo abacuruzi bashya.
Kugira ngo iri soko ribone umwanya ryubakwamo bizasaba gusenya iryari risanzweho n’amazu y’abaturage 141 mu Murenge wa Muhima yatangiye gusenywa ba nyirayo bakishyurwa n’iyi koperative.
Kubaka iri soko ni kimwe mu byerekana akamaro ko kwibumbira mu makoperative. Hirya no himo mu gihugu abacuruzi baribumbira hamwe bagasaba inguzanyo mu mabanki bakubaka imiturirwa myinshi ifatika mu mijyi itandukanye.
Foto/Rwanda2030


















TANGA IGITEKEREZO