Muri iyo minsi itanu, igihugu cyohereje hanze toni 8.826 z’ibicuruzwa bitandukanye, birimo ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo, ibikomoka ku matungo n’ibindi bicuruzwa by’ubuhinzi.
U Rwanda rwohereje toni 426 z’ikawa zinjije miliyoni 2.3$. Icyayi na cyo cyakomeje kuba kimwe mu bihingwa by’ingenzi byinjiriza u Rwanda amadovize menshi. Toni 575 z’icyayi zoherejwe mu mahanga zinjiza miliyoni 1.6$.
Imboga zoherejwe mu mahanga zingana na toni 655, zinjiza 565.009$. Zoherejwe cyane mu Bwongereza, u Buholandi, u Budage, u Bufaransa no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.
Toni k263 z’ibikomoka ku matungo byinjirije u Rwanda 507.661$. Byoherejwe mu bihu bya Afurika.
Toni 318 z’imbuto zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu no mu bihugu bya Afurika zinjirije u Rwanda 250,143$.
U Rwanda kandi rwohereje mu mahanga toni eshanu z’indabyo zinjiza 30.687$. Zoherejwe muri Nigeria, mu Buholandi no mu Bwongereza.
Imibare igaragaza ko ibicuruzwa byashyizwe mu cyiciro cy’ibindi bicuruzwa bitandukanye ari byo byinjije amafaranga menshi. Toni 6.584 zabyo zagurishijwe miliyoni 3.4$.
Ibyo bicuruzwa byoherejwe cyane mu Buholandi, Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.
Iyi mibare igaragaza uruhare rukomeye rw’ubuhinzi mu kwinjiriza u Rwanda amadovize. Inerekana kandi ko kongera umusaruro gusa bidahagije, ahubwo kuwongerera agaciro no gushaka amasoko yishyura neza ari byo bishobora gutuma abahinzi n’igihugu barushaho kunguka.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!