00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibikomoka ku buhinzi byinjirije u Rwanda miliyari 12,8 Frw mu minsi itanu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 July 2026 saa 02:56
Yasuwe :

U Rwanda rwinjije miliyoni 8,7$ (arenga miliyari 12,8 Frw) avuye mu bicuruzwa bikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga hagati ya tariki ya 20 na 24 Nyakanga 2026.

Muri iyo minsi itanu, igihugu cyohereje hanze toni 8.826 z’ibicuruzwa bitandukanye, birimo ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo, ibikomoka ku matungo n’ibindi bicuruzwa by’ubuhinzi.

U Rwanda rwohereje toni 426 z’ikawa zinjije miliyoni 2.3$. Icyayi na cyo cyakomeje kuba kimwe mu bihingwa by’ingenzi byinjiriza u Rwanda amadovize menshi. Toni 575 z’icyayi zoherejwe mu mahanga zinjiza miliyoni 1.6$.

Imboga zoherejwe mu mahanga zingana na toni 655, zinjiza 565.009$. Zoherejwe cyane mu Bwongereza, u Buholandi, u Budage, u Bufaransa no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Toni k263 z’ibikomoka ku matungo byinjirije u Rwanda 507.661$. Byoherejwe mu bihu bya Afurika.

Toni 318 z’imbuto zoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu no mu bihugu bya Afurika zinjirije u Rwanda 250,143$.

U Rwanda kandi rwohereje mu mahanga toni eshanu z’indabyo zinjiza 30.687$. Zoherejwe muri Nigeria, mu Buholandi no mu Bwongereza.

Imibare igaragaza ko ibicuruzwa byashyizwe mu cyiciro cy’ibindi bicuruzwa bitandukanye ari byo byinjije amafaranga menshi. Toni 6.584 zabyo zagurishijwe miliyoni 3.4$.

Ibyo bicuruzwa byoherejwe cyane mu Buholandi, Bangladesh no mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Iyi mibare igaragaza uruhare rukomeye rw’ubuhinzi mu kwinjiriza u Rwanda amadovize. Inerekana kandi ko kongera umusaruro gusa bidahagije, ahubwo kuwongerera agaciro no gushaka amasoko yishyura neza ari byo bishobora gutuma abahinzi n’igihugu barushaho kunguka.

Ibikomoka ku buhinzi byinjirije u Rwanda miliyari 12,8 Frw mu minsi itanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages