Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ivuga ko yishimiye intambwe urubyiruko rw’Akarere ka Rustiro rumaze gutera, nyuma y’amahugurwa Minisiteri y’urubyiruko n’Ikoranabuhanga yabahaye muri gahunda ya “Agaciro kanjye”.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko itangaza ko yasuye bimwe mu bikorwa by’urubyiruko birebana na gahunda ya “Agaciro kanjye” ishishikariza urubyiruko gutinyuka rukihangira imirimo mu Murenge wa Mushubati, bagasanga umusore w’imyaka 24 witwa Nsanzimana Raphaél yaratinyutse akaka inguzanyo muri banki agakora umushinga wo gutegura amafunguro n’ibinyobwa.
Inama y’Igihugu y’urubyiruko ivuga ko kugeza ubu umushinga wa Nsanzimana nyuma y’amazi atatu umufasha gupiganira ku masoko yo ku rwego rw’akarere.
Nsanzimana yigishijwe uko bakora imishinga ibyara inyungu mu mahugurwa ya Minisiteri y’ urubyiruko, atangira kujya akorera imishinga abantu. Nyuma ngo yakoze umushinga wo kwikorera, hashize amezi atatu avuga ko yahaye akazi abakozi 11 ahemba neza bakabasha kwiteza imbere.
Ubu ngo abasha kwishyura inguzanyo yatse atangira umushinga kandi akaba yibeshejeho.



















TANGA IGITEKEREZO