Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bumbogo wo mu Karere ka Gasabo, buvuga ko uyu murenge ugizwe n’utugari turindwi n’abaturage basaga ibihumbi 26 bagiye ugenda urushaho gutera imbere; ariko cyane cyane mu myaka ibiri iheruka hakaba ari ho hagaragaye ibikorwa byinshi by’iterambere.
Umuyobozi w’uyu murenge Ntaganzwa Jean Marie Vianey, atangaza ko mu gihe cy’imyaka ibiri ishize wahinduye isura ku buryo butangaje. Ati ”Abaturage basigaye bafite imyumvire ishimishije kuko noneho usanga nta wutitabira gahunda za Leta ugereranyije n’uko mbere byari bimeze.”
Ntaganzwa akomeza avuga ko abaturage bitabira gushyira mu bikorwa gahunda za Leta ku kigereranyo cya 90%, kandi n’ubukangurambaga bukaba bugikomeza.
Avuga kuri bimwe mu bikorwa by’indashikirwa biri mu murenge we, Ntaganzwa yavuze ko Umurenge wa Bumbogo umaze kwiyuzuriza ibiro bya koperative umurenge SACCO; bikaba byarabatwaye asaga Miliyoni 32 z’amanyarwanda ndetse n’inzu y’imyidagaduro ku rubyiruko yatwaye agera kuri miliyoni icyenda.
Yongeyeho ko ko mu miryango 5000 ikeneye amashanyarazi igera ku 1800 yamaze kuyabona, mu gihe abasigaye na bo bitazarenza amezi atatu batayabonye.
Mu gukwirakwiza amazi meza, ku bufatanye na EWASA ngo bitarenze Gashyantare 2013 abaturage bazaba bamaze kugezwaho amazi meza.
Ikindi ni uko ubu bujuje ikigega cy’amazi kizajya gifasha mu gukwirakwiza amazi mu murenge wose.
Mu burezi, Ntaganzwa avuga ko bishimira ko bujuje amashuri y’burezi bw’ibanze bw’imyaka 12, hakaba nta mwana ubura aho yigira ahubwo igisigaye ari amacumbi y’abarimu.
Gahunda ya Girinka na yo yageze ku baturage 353, mu gihe ikoranabuhanga ngo bitarenze uyu mwaka bazaba bujuje inzu y’ikoranabuhanga cyangwa “Télécentre” izafasha abaturage gukoresha ikoranabuhanga.
Umuyobozi w’Umurenge wa Bumbogo asaba abaturage gukomeza kugira uruhare mu iterambere ryabo, bakirinda icyatuma basubira inyuma.



















TANGA IGITEKEREZO