Mu kiganiro na IGIHE, Oswald Ngangurarugo umaze imyaka irenga icumi aba mu Bubiligi yatangije umushinga wo kororera ingurube mu turere twa Kayonza, Kirehe na Nyagatare avuga ko umushinga we umaze guha akazi abantu barenga 30 bibumbiye mu makoperative atatu ndetse ko mu gihe zizaba ziyongereye n’abandi benshi bazabyungukiramo hagamijwe kubakura mu bukene.
Yakomeje avuga ko yatangije umushinga we amafaranga arenga miliyoni umunani z’amafaranga y’u Rwanda, hakaba hari gahunda yo koroza abaturage bakorana n’ayo makoperative.
Yagize ati “Nashyize muri iki gikorwa amafaranga arenga miliyoni umunani nubaka ibiraro, ngura amasambu ingurube zidagaduriramo cyangwa se aho zahingirwa no kugura ingurube ubwazo. Ibi nabikoze ngamije guteza imbere abaturage bibumbiye mu makoperative kuko iyo bari kumwe bagera ku musaruro utubutse.”
Ingurube 60 nizo zitabwaho n’abaturage bagera kuri 33 bibumbiye mu makoperative atatu, hakaba hari gahunda ko uyu mubare ushobora kwiyongera ukagera ngurube ibihumbi bitandatu mu mpera za 2016 mu gihe kandi abaturage bagera ku gihumbi nabo bazaba borojwe
Ngangurarugo yagize ati “ Dufite umugambi wo kureba uburyo aya makoperative twayaha ingufu, ingurube zikabona indyo yuzuye n’isuku nyinshi ku buryo duteganya ko twava ku ngurube ubu zibarirwa muri mirongo 60 zikagera ku bihumbi birenga bitandatu mu mpera y’umwaka wa 2016. Tuzaba twaroroje kandi imiryango irenga igihumbi ituranye n’ayo makoperative. Ibi bisaba ko tuzubaka uruganda rukora ibiryo byazo ku buryo zizaba zishobora kubwagura kabiri mu mwaka bijyanye n’ibiribwa zihabwa.”



















TANGA IGITEKEREZO