Ni Umudugudu w’Icyitegererezo wa Mpazi uri kubakwa mu Murenge wa Gitega uzatwara amafaranga make ugereranyije n’indi yubatswe mbere bitewe n’ikoranabuhanga mu by’imyubakire n’ibikoresho byahindutse.
Izi nyubako nshya zije zisanga izindi zicumbikiye imiryango 105 zubatswe mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga, witezweho kuba icyitegererezo cy’imyubakire ihendutse, ijyanye n’igihe kandi itangiza ibidukukije.
Ubwo umunyamakuru wa IGIHE yageraga ku Gitega mu karere ka Nyarugenge, mu mudugudu wa Mpazi abakozi bashinzwe kubaka bari bari mu bikorwa bya nyuma bizwi nk’amasuku kuri izo nyubako.
Ubu buryo bw’imyubakire bufite umwihariko w’uko budatuma abari basanzwe bahatuye bimurwa nkuko byakunze kwinubirwa na benshi.
Abaturage batanga ubutaka bwabo abashoramari bakabwubakaho inyubako zijyanye n’igihe, bagahabwa inzu muri izo nyubako hanyuma izigaye akaba arizo umushoramari agurisha cyangwa akodesha abandi bashaka kuhatura.
Ihere ijisho ubwiza bw’Umudugudu wa Mpazi mu mafoto



























Amafoto: Kwizera Remy Moses
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!