00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ntibiganda: Umuhate w’Abanyarwanda ku murimo (Amafoto)

Yanditswe na Niyonzima Moïse
Kuya 1 May 2024 saa 11:00
Yasuwe :

Buri mwaka tariki 1 Gicurasi mu Rwanda no ku Isi hose hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo, mu rwego rwo kuzirikana uruhare imirimo itandukanye igira mu iterambere ry’Igihugu, ndetse n’umuhate abakozi badasiba kugaragaza mu byo bakora.

Kimwe n’uko byagiye bigenda mu myaka yahise, muri uyu mwaka wa 2024 nabwo Leta y’u Rwanda yatanze ikiruhuko mu rwego rwo kwizihiza uyu munsi, ndetse ibigo bimwe na bimwe byateguye igisa n’ubusabane gihuza abayobozi n’abakozi.

Magingo aya, inzego z’abikorera ni zo ziri ku isonga mu gutanga akazi ku bantu benshi mu Rwanda bangana na 90,8%; iza leta zikurikiraho na 5% naho abakozi bo mu ngo bakaba bihariye 3,9%.

Ibarura rusange ryakozwe mu 2022 rigaragaza ko abantu bangana na 45,1% bari mu cyiciro cyo gukora ari urubyiruko ruri hagati y’imyaka 16-30 mu gihe 48% bari mu myaka 31-64 na ho 7% bari mu myaka kuva kuri 65 gusubiza hejuru.

Muri iyi nkuru turagaruka ku mafoto 50 agaragaza uburyo Abanyarwanda bakorana umuhate imirimo itandukanye babarizwamo irimo ubuhinzi, ubwarimu, ububahiji n’indi.

Ibikorwa byo kubaka ni bimwe mu bisigaye bitanga akazi cyane ku mubare munini w’Abanyarwanda bazi ibijyanye n’ubufundi
Benshi mu Banyarwanda bakunda inyama zo mu bwoko bwa sosiso ariko usanga ari bake bazirikana imbaraga bisaba mu gutegurwa iri funguro. Uyu musore n’inkumi bari mu bazobereye mu gukora sosiso
Ntawakwirengagiza uruhare rw’abamotari mu migendekere myiza y’indi mirimo kuko bafasha abakozi benshi kugera mu kazi
Bamwe mu Banyarwanda bamaze kugira ubumenyi buhambaye mu gusana ibikoresho by’ikoranabuhanga, aba bakorera ahazwi nko muri Kazi ni Kazi mu Mujyi wa Kigali
Iyo umusaruro umaze kuva mu murima, abanyonzi barifashishwa cyane mu kuwugeza ku isoko. Aha bari mu kazi ko kugeza ibirayi ku baguzi
Abayede bakora mu mirimo yo kuvugurura Stade Amahoro baba bagaragaza umwete mu kazi, cyane ko babyuka iyarubika bagataha ijoro riguye
Hirya no hino mu Gihugu habarizwa amasoko mato akoreramo abiganjemo ab’igitsina gore badasiba kugaragaza urukundo bafitiye akazi k’ubucuruzi
Abagore n’abakobwa bari mu biganje mu mirimo yo gucuruza imbuto hirya no hino mu gihugu, akazi usanga kabasaba kubyuka kare kugira ngo barangure izuba ritarava, banagurishe kare
Inzu yose irangije kubakwa, ikenera gusigwa irangi, akazi usanga abagakora bagaragaza umuhate ndetse ntibite k’uko bataha basa
Ubucuruzi bwa ‘canteen’ buri mu bukorwa cyane mu Gihugu. Aha uyu mugore yateguraga amata yo guha abakiliya
Amagare ntiyifashishwa gusa mu byaro, ahubwo no mu mijyi agira uruhare mu bwikorezi bw’ibicuruzwa
Benshi mu Banyarwanda bakunda igitoki bakwiriye kuzirikana n’ingufu bitwara kugira ngo kibagereho
Nubwo u Rwanda rumaze gutera imbere mu bijyanye n’ingufu, hari hake bagikoresha inkwi. Aba bagabo bo mu Karere ka Rutsiro bapakururaga inkwi
Inka ziri mu matungo akundwa cyane n’Abanyarwanda kandi ugasanga bazitaho by’umwihariko, bakamenya isaha baziha ibyo kurya no kunywa
Uruhare rw’abashoferi mu rwego rw’umurimo mu Rwanda ni ntagereranywa
Mu Karere ka Rusizi ubwato buri mu buryo bw’ingendo bwifashishwa cyane n’abaturage bava hakurya y’i Kivu bajya hakuno yacyo
Abakorodoniye bafasha benshi gusana inkweto zabo zigasubirana umwimerere wazo
Abaganga ni bamwe mu bakozi bagaragaza ubwitange budasanzwe mu kazi kabo, kuko baba bafite ubuzima bwa benshi mu biganza
Buri Munyarwanda ufite aho ageze yaciye imbere y’umwarimu, ni ingenzi kuzirikana agaciro kabo mu buzima bw’igihugu
Abarimu benshi usanga usanga bakorana umuhate n’ubwitange mu kurerera u Rwanda
Moto n’abamotari badahari akazi ka benshi kahungabana
Buri mwarimu bimusaba imbaraga kugira ngo abana yakiriye ntacyo bazi, bavemo abantu bafitiye igihugu akamaro
Akazi ko kubaza kari mu dusaba ingufu, ariko usanga abagakora batinuba ndetse ntibagire umunsi w’ikiruhuko
Gukanika ntabwo ari akazi koroshye, rimwe na rimwe ushobora no kwikomeretsa
Abayede bari mu bafasha abafundi kubona ibyo bakeneye hafi mu mirimo y’ubwubatsi
Buri munyeshuri akwiriye kuzirikana agaciro k’umwarimu
Nta musanzu w’abayede akazi k’ubwubatsi gashobora kugorana
Indabo ziri hirya no hino muri Kigali, hari abo bisaba imbaraga kugira ngo zibeho kandi zihore zitoshye
Hari abitanga kugira ngo u Rwanda rukomeze kumenyekana nk’igihugu kigira isuku kandi kibungabunga ibidukikije
Ntibigisaba ko umuntu akoresha imbaraga z’umurengera mu gukata itafari cyangwa ibuye, haje imashini zabigenewe
Hari abo izuba rirenga bakiri mu kazi
Hari ababyeyi benshi bihebeye umwuga w’ubudozi
Uyu musaza wihebeye akazi ko gukora ibikapu agaragaza umuhate n’urukundo rw’ibyo akora
Hatari abakora ububaji, benshi ntibabona ibikoresho byiza bigezweho
Ubworozi bw’ingurube buri gutezwa imbere mu Rwanda, hari abitanga kugira ngo bugende neza
Umuhate w’abagize Inteko Ishinga Amategeko mu gukurikirana ibibazo byugarije Abanyarwanda ni ingenzi
Amarerero ni kimwe mu byo u Rwanda rushyize imbere, abayakoramo bagakorana umuhate ngo abana b'u Rwanda bagire ejo heza
Abanyamakuru basabwa gukora cyane kugira ngo bageze ku Banyarwanda gahunda zitandukanye ziri mu gihugu
Ubudozi butunze benshi mu Rwanda
Ntibikiri igitangaza kubona Umunyarwandakazi wihebeye akazi k’ububaji
Mu Nteko hakorerwa byinshi bigena icyerekezo cy’Igihugu
Abanyonzi i Musanze bakora amanywa n'ijoro ngo batunge imiryango yabo
Imashini zidoda zizwi nk'icyarahani zitunze benshi
Akazi k'ubuvuzi gasaba umuhate n'ubwitange, ngo ubuzima bw'Abanyarwanda budahungabana
Hari umubare munani w’Abanyarwanda bakora akazi ko mu rugo kandi umusanzu wabo mu kubungabunga imibereho y’umuryango urigaragaza

Amafoto: Niyonzima Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages