00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I Nyagatare hagiye kubakwa ivuriro ry’amatungo

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 2 October 2024 saa 08:26
Yasuwe :

Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare bagiye kubakirwa ibikorwaremezo bitandukanye byitezweho kubafasha kuzamura umukamo ku kigero cyo hejuru ukava kuri litiro ibihumbi 100 uboneka muri iki gihe.

Mu bikorwa biteganyijwe kuhakorerwa harimo kubaka ivuriro ry’amatungo, guhabwa shitingi nyinshi zifata amazi no kubakirwa ibidamu byinshi bituma inka zabo zibona amazi hafi.

Ibi byagaragajwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Ukwakira 2024 ubwo hatangizwaga umushinga wa miliyoni 125$ witezweho gufasha aborozi kongera umukamo.

Umuyobozi w’umushinga RDDP Gasana Ngabo Methode, yavuze ko bifuza guteza imbere ubworozi bw’inka z’umukamo aho bagiye gufasha aborozi kubona ubwatsi,kuvugurura icyororo ndetse no kuvugurura uruhererekane nyongeragaciro rw’amata.

Mu bikorwa by’ingenzi bazakorera mu Karere ka Nyagatare harimo kubaka ivuriro ry’amatungo muri aka Karere.

Ati “Mu buvuzi bugezweho bw’amatungo ugomba kuyavura wabanje kuyasuzuma ukamenya neza icyo amatungo arwaye, niyo mpamvu twatangije gahunda yo kubaka amavuriro y’amatungo hirya no hino mu gihugu. Turateganya kuzatangira kuyubaka umwaka utaha wa 2025 anuzure muri uwo mwaka.”

Abiyingoma Livingstone wororera mu Murenge wa Karangazi, yavuze ko nibubakirwa ivuriro ry’amatungo bizabafasha cyane kujya baha imiti inka bazi neza icyo irwaye.

RDDP ni umushinga ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda.

Umuyobozi wa RDDP, umushinga washyizweho na Leta y’u Rwanda ngo wunganire aborozi, yavuze ko guhera umwaka utaha aborozi batangira gufashwa kongera umukamo
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, yasabye aborozi gutangira kubyaza umusaruro uyu mushinga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .