Diaspora y’abakomoka muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba baba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bateguye inama igenewe gufasha mu guteza imbere ishoramari muri aka karere no gufasha ubuhuza hagati y’abashoramari bakomoka mu karere n’abo muri Amerika.
Iyi nama izaba iminsi ibiri mu mujyi wa Dallas muri Leta ya Texas, tariki ya 17 ikageza ku ya 19 Ukwakira 2013, irategurwa na East African Chamber of Commerce (EACC ), Umuryango washinzwe n’Abanyafurika bakomoka muri Afurika y’Uburasirazuba baba muri Amerika, ugamije gufasha mu guteza imbere ibikorwa byose by’iterambere byo muri aka karere ndetse no gufasha mu guhuza abashoramari bako, ukabahuza n’abashoramari bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo hatezwe imbere ubufatanye.
Aya mahirwe akaba ari ikintu cy’ingenzi kitagomba gucika Abanyarwanda babishoboye, cyangwa ngo gitakazwe, nk’uko Alice Umutoni uhagarariye EACC muri Washington DC, akaba n’umuyobozi wungirije wa Diaspora nyarwanda y’aho yabitangarije IGIHE ubwo yari mu Rwanda, mu rwego rw’itegurwa ry’iyi nama.
Kuva mbere ngo iyi nama yabagaho ariko ugasanga yitabirwa cyane n’abaturuka mu bihugu bindi bituriye u Rwanda, ahanini bitewe n’uko kuva EACC ibayeho yagiye iyoborwa n’abakomoka muri ibyo bihugu bindi, none kuri ubu muri uyu mwaka ikaba iyobowe n’umunyarwanda, Frank Kanobana, wasimbuye Umutanzaniya. Inama nk’iyi, igiye kubaho ku nshuro ya karindwi kuko imaze kubaho inshuro esheshatu.
Umutoni avuga ko uyu mwaka, Abanyarwanda barebye bagasanga ari ngombwa ko ibikorwa bya EACC bimenyekanishwa cyane no mu gihugu cy’u Rwanda, bityo n’Abanyarwanda ntibakomeze gucikwa n’aya mahirwe abahuza n’abandi bashoramari cyane cyane ko nk’abafite ibikorwa by’ubucuruzi bw’ibikomoka ku buhinzi, baba bashobora kuhahurira n’abaguzi batanga ibiciro byiza n’imikoranire ishimishije mu Banyamerika.
Impamvu nyamukuru yo gutegura inama nk’iyi, Umutoni avuga ko ari ukugira ngo buri gihugu mu bigize EACC kibashe kwigaragaza no kuvuga neza amahirwe mesnhi y’ishoramari gitanga ku bifuza kukiganamo, bityo ngo iyo ikaba ari nayo mpamvu ubu yaje kubishishikariza Abanyarwanda.
Yagize ati “Turi Diaspora y’abakomoka muri aka karere ka Afurika, rero by’umwihariko nkatwe Abanyarwanda bari muri EACC, turagerageza gufasha uburyo twamenyekanisha amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda, kugira ngo nabo baze bashoremo imari yabo.”
Kugeza ubu ngo hari umwe mu bashoramari w’Umunyamerika utuye New York umaze kwiyemeza gushora amafaranga ye mu Rwanda kimwe nk’uko yari yaratangiye kubikora ahandi muri Afurika.
Uburyo bwo kwiyandikisha kuzitabira iyi nama
Umutoni avuga ko uburyo bwo gusaba kwitabira inama nk’iyi iha amahirwe abantu benshi yo kubasha kuzamura imikorere bagirana ubufatanye n’abacuruzi ndetse n’abashoramari mu buryo bwinshi, bworohejwe kuko leta y’u Rwanda ubu yiyemeje gushyigikira iki gikorwa ndetse n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kikaba kibazafasha mu korohereza buri wese uzabyifuza kuba yakwitabira iyi nama.
Ushaka kwiyandikisha ngo ahabwe ubutumire muri yo, yasura urubuga rwa EACC : http://eachamber.com maze akajya ahabugenewe handitse ngo “Register now”, akuzuza ibisabwa maze akabasha kuba yahabwa ubutumire buzamufasha mu gushaka ibyangombwa byamugeza muri Amerika yitabiriye iyo nama.



















TANGA IGITEKEREZO