Mandates Business Ltd ni ikigo cy’ubucuruzi gikorera muri Ntarabana. Gifite ibikorwa bitandukanye birimo guest house, iduka ricuruza ibikoresho by’ubwubatsi rizwi nka Quincaillerie ndetse kinakora ubucuruzi bwa gaz yo gutekesha muri aka gace.
Muri Ntarabana iki kigo kandi kihafite iduka ricuruza ibikoresho by’ishuri, iduka ry’imyenda, irya Matela, Salon de Coiffure, ahakorerwa ubukwe n’ibindi.
Iyo uganira n’abahatuye bakubwira ko Safari atangira igitekerezo cyo kuyijyana muri aka gace, aho ikorera ubu hafi ya hose hari icyaro ariko ubu ibikorwa bya Mandates Business Ltd byahahinduye Umujyi.
Ikindi kandi abantu baho Mandates Business Ltd yabagejejeho ibikorwaremezo bitandukanye birimo isoko bahahiramo ibintu bitandukanye, aho bafatira icyo kurya no kunywa, amacumbi n’ibindi; byose babyumvaga nk’umugani.
Safari na we avuga ko kugira ngo agere aho gushora imari muri aka gace atari ibintu byamworoheye kuko yabanje gukora ubushakashatsi mu ntara zose z’igihugu agasanga ahajyanye n’ibyo yifuza gukora ari aha mu Murenge wa Ntarabana.
Mu kiganiro uyu mugabo yahaye IGIHE yavuze ko Mandates Business yayitangije mu 2018 harimo ibikorwa bike, ibindi bikagenda byaguka buhoro buhoro.
Ati “Sosiyete yacu yatangiye mu 2018 yihaye inshingano zo gukura icyaro mu bwigunge. Twashakaga kuzana serivisi zisanzwe ziba mu mujyi tukazigeza mu cyaro. Twatangiranye na Umutuzo Guest House itanga ibinyobwa n’ibiribwa.”
Yakomeje avuga ko nyuma bahisemo guhita bazana serivisi z’ibikoresho by’ubwubatsi [Quincaillerie] aho bahise bazana iduka. Bazana gaz kugira ngo abantu batazakomeza gucanisha ibyangiza ikirere mu rwego rwo kurengera ibidukikije no kugabanya ibicanwa.
Nyuma bazanye serivisi za Irembo zifasha umuntu utuye aho kubona serivisi z’ibyangombwa bitandukanye birimo kwishyura imisoro n’ibindi.
Urubyiruko rwatekerejweho …
Kugeza ubu ibyishimo ni byose ku batuye mu Mudugudu wa Nyarubuye, Akagari ka Kajevuba, Umurenge wa Ntarabana, Akarere ka Rulindo mu Majyaruguru aho ibikorwa bya Mandates Business byabakuye mu bwigunge nk’uko Safari avuga ko abibwirwa na benshi bamuganiriza.
Ati “Twishimira ko ibyo dukora abantu babikunze kandi bakaba batugana. Abanye-Ntarabana barishimye kuko twabavanye mu bwigunge. Umuntu hambere yaragusuraga ukabura aho umujyana gufata ka fanta. Ni ibikorwa byaje guhesha agaciro Ntarabana. Ibyo twishimira ni uko ibikorwa byagutse kandi bikaguka bigendeye ku byo abatugana bifuza.”
Uretse ibi bikorwa bigamije ubucuruzi hari kandi ibindi bakorwa bigamije gufasha urubyiruko rutarabona akazi kwiteza imbere, binyuze mu buhinzi.
Mandates Business ibi bikorwa yabinyujije mu mushinga yise ‘Smart Agriculture’ ifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze (umurenge) ndetse na Balton Rwanda yatanze imbuto z’indobanure muri uyu mushinga.
Safari yavuze ko uretse kuba asanzwe yarize ibijyanye n’ubuhinzi, batekereje uyu mushinga bagamije gutanga umusanzu mu iterambere ry’urubyiruko ndetse no guhanga umurimo.
Ati “Twatekereje kwigisha urubyiruko binyuze mu buhinzi bukoresha ubutaka buto hakaboneka umusaruro munini. Hagamijwe kubona amafaranga, kwihaza mu biribwa no kurwanya imirire mibi. Ni ukugira ngo rwa rubyiruko rwarangije ishuri rutaratangira gukora ku mafaranga rube ruri mu kazi rwahanze karufitiye umumaro kandi rwahanze. Mu gihe cy’amezi atatu umuntu udafite akazi akaba yabasha kubona amafaranga nyuma yo gushaka andi make.”
Yemeza ko uburyo uyu mushinga uteye ugamije gufasha umuntu washoye make kungukirwa mu gihe gitoya cyane.
Ati “Umuntu agashora amafaranga kandi akabasha kuba yafasha mu rugo kubona ibyo kurya kandi akanigisha abandi. Twatangiranye n’urubyiruko rw’abantu 40 tubigisha, nyuma twabahaye n’imbuto. Twifuza ko uyu mushinga uva mu rubyiruko ukajya no mu bandi bahinzi.”
Iyo abajijwe impamvu batekereje kuza gukorera aha hantu mu by’ukuri hari icyaro asubiza ko hari hafite isura y’ahashobora kuba hatera imbere haramutse hageze ibikorwa by’iterambere.
Ati “Icyatumye tuza gukorera i Ntarabana ugereranyije no kujya ahandi twashakaga ahantu hafi y’umujyi kandi hafite ibiharanga bigaragara ko ari iby’umujyi. Navuga ko iyo witegereje hano hazengurutswe n’ubutaka bigaragara ko hazaturwa. Ahandi hantu hazengurutse hano nta rujya n’uruza ruhahora keretse ku minsi y’isoko ariko hano ho abantu bahora ari urujya n’uruza.”
Amafoto: Odilon Joshua
Video: Muneza Pacifique



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!