00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bakwibutsa ko utari iwanyu- Mbonyumutwa washinze uruganda rw’imyenda mu Rwanda nyuma y’imyaka 27 i Burayi

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 1 April 2023 saa 06:16
Yasuwe :

Rwiyemezamirimo Maryse Mbonyumutwa avuga ko bishoboka cyane ko Afurika yakoresha ibikorwaremezo ifite mu kubaka urwego rw’inganda rukomeye kandi rukora ibijya gupiganwa ku rwego mpuzamahanga.

Ni umwe mu bashinze Uruganda C&D Pink Mango rukora imyenda irimo n’iyoherezwa mu mahanga ndetse akaba ari nawe washinze Inzu y’Imideli ya ‘Asantii’, anabereye Umuyobozi Mukuru.

Yatanze ikiganiro kuri uyu wa 1 Mata 2023 , mu Nama Mpuzamahanga y’Umuryango FPR Inkotanyi yahujwe no kwizihiza imyaka 35 ishize uyu muryango ubayeho.

Maryse Mbonyumutwa yari kumwe na Dr Donald Kaberuka wabaye Perezida wa Karindwi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, BAD, Umunya-Guinée-Bissau, Dr.Carlos Lopes wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye.

Ni ikiganiro cyari kirimo kandi Umunya-Senegal Boubacar Boris Diop, umwanditsi w’ibitabo akaba yarabaye n’umunyamakuru ndetse n’Umunye-Cameroon, Dr Célestin Monga, wigisha ibijyanye n’ubukungu muri Harvard’s Kennedy School of Government.

Abatanze ibiganiro bagarukaga by’umwihariko ku buryo Afurika yahangana n’ibibazo byayo bya politiki biriho n’ibizaza.

Mbonyumutwa yavuze ko amaze imyaka 23 akora mu rwego rw’inganda kandi yagiye abona iterambere ryazo kugeza uyu munsi.

Avuga ko yafashe icyemezo benshi babonaga nk’ikidashoboka ubwo abo yakoranaga nabo muri Hong Kong mu Bushinwa bagatekereza kuza gushinga uruganda mu Rwanda.

Ati “Numvaga bavuga ko Afurika ishobora kuzaba iri imbere mu rwego rw’inganda ku Isi, cyari ikintu gishimishije. Dufite abaturage bakiri urubyiruko, bafite ubushobozi n’imbaraga zo kubigeraho.”

“Twakoze ikintu umuntu wese yavuga ko kitagombaga gushoboka, kuba mu gihugu kidakora ku nyanja , nta bumenyi mu gukora inganda dufite , nta kumenya ngo ese bizashoboka […].”

Yakomeje agira ati “Ariko ibi byabashije gushoboka mu Rwanda, igihugu gifite ubutaka bwera, kubera ko muri ibyo bihe bikomeye, twabashije gutangiza uruganda kandi uyu munsi turi guhindura cya gihugu gito, igicumbi cy’imyenda itandukanye.”

Rwiyemezamirimo Maryse Mbonyumutwa yavuze ko igihe kigeze ngo Afurika yigire mu rwego rw'inganda

Mu 2019 ni bwo C&D Pink Mango yatangiye gukorera ku butaka bw’u Rwanda. Ni uruganda rukora imyenda icururizwa mu gihugu n’iyoherezwa mu mahanga ku kigero cya 85% aho rufite abakiliya benshi kandi banini.

Imwe mu ntego zarwo ni ukuzamura ibendera ry’u Rwanda na Afurika muri rusange mu bijyanye n’ubwiza bw’imyambaro imurikwa ku ruhando mpuzamahanga ndetse no kongera imirimo ihangwa.

Maryse Mbonyumutwa wamaze imyaka irenga 27 aba mu bihugu by’i Burayi ndetse no mu Bushinwa by’umwihariko, yahisemo kuza gutanga umusanzu mu kumenyekanisha imyambaro gakondo yo muri Afurika, ku isoko mpuzamahanga by’umwihariko i Burayi na Aziya.

Aha niyo yahereye ashinga inzu y’imideli ya ‘Asantii’ kugira ngo agaragaze imyambaro gakondo ku ruhando mpuzamahanga. Avuga ko ari imideli igaragaza umwihariko n’umuco wa Afurika mu bijyanye n’imyambarire.

Ati “Inkuru ya ‘Asantii’ ni inkuru y’umwana w’Umunyafurika wakuriye muri Diaspora, kubera ko imyaka irenga 27 nayimaze i Burayi no mu Bushinwa. Bakora ibishoboka byose bakakwibutsa ko utari mu rugo, aho waba uri hose.”

“Ikindi kintu ni uko Afurika ifatwa nk’Umugabane umwe, niba utangiriye ikintu muri Ethiopia cyangwa muri Kenya, ni kimwe, uba uri gukorera muri Afurika.”

Maryse Mbonyumutwa kwishyira hamwe n’abo bakoranaga mu Bushinwa kugira ngo baze gukora imyenda ikorerwa mu Rwanda ndetse na Afurika muri rusange, ari icyemezo gikomeye kandi cyiza bafashe.

Ati “Turi kubaka ibikorwaremezo mu gukora imyenda tugiye kuyigeza ku Isi hose, kandi izatugarukira bamwe muri twe bifite, tuzayigura ku giciro cyo hejuru, mu nzu z’imideli i Burayi no muri Amerika.”

“Abatifite cyangwa badafite ubushobozi, izatugarukira nyuma y’imyaka irindwi , izaba yarabaye caguwa.”

Yakomeje agira ati “Iyo ubizi, ibyo biguhatira gushaka igisubizo. Ntabwo twakwemera ko ibyemezo byafatiwe ahandi […] kuba Afurika igiye kuzaba ikomeye mu rwego rw’inganda, twaba turi abaguzi b’ibikorerwa hanze cyangwa tugurishayo ibyo dukorera hano.”

Maryse Mbonyumutwa yavuze ko Afurika ifite ubushobozi bwo kugira inganda zikora ibijya guhangana ku isoko mpuzamahanga.

Ati “Dushobora kuba byose; tugakomeza gukenera kugura serivisi cyangwa ikoranabuhanga ryabo ariko nanone tukanakora ibyo tujya kugurishayo natwe. Dushobora gukoresha ibyo bikorwaremezo mu gukora ibijya guhiganwa ku rwego mpuzamahanga.”

Kugeza ubu Asantii yakoze imyambaro ya mbere yiswe “Zaliwa”, ijambo ry’Igiswahili risobanura “Kuvuka”. Yagiye hanze ku wa 28 Nyakanga 2022 ndetse yatangiye gucururizwa kuri internet, aho uyitumije ayigezwaho mu minsi iri hagati y’itatu n’itanu.

Mbonyumutwa Maryse utuye mu Bubiligi kuva mu 1994, arateganya no kwagurira ibikorwa bye muri Tanzania ndetse agatangiza inganda zizamufasha kwinjira ku isoko ryo muri Afurika y’Iburengerazuba n’iyo mu Majyepfo.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye ibi biganiro
Umunya-Guinée-Bissau, Dr.Carlos Lopes wigeze kuba Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Mukeka Clementine ni we wayoboye iki kiganiro
Umunya-Senegal Boubacar Boris Diop
Mu kwizihiza Isabukuru y'Imyaka 35 y'Umuryango FPR Inkotanyi hatanzwe ibiganiro n'abahanga mu ngeri zitandukanye
Maryse Mbonyumutwa ari mu bashinze Uruganda C&D Pink Mango ndetse akaba yaranashinze inzu y'imideli ya Asantii
Impuguke mu bijyanye n'ubukungu, Dr Donald Kaberuka ni umwe mu batanze ikiganiro
Dr Célestin Monga, wigisha ibijyanye n’ubukungu muri Harvard's Kennedy School of Government

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages