00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga bashya bahawe umukoro wo kwita ku kibazo cy’imanza zitarangizwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 January 2025 saa 03:33
Yasuwe :

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, abiherewe ububasha na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, yakiriye indahiro z’abahesha b’inkinko batari ab’umwuga 50 abaha umukoro wo kurangiza imanza zitarangizwaga.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa 17 Mutarama 2024. Bari bamaze iminsi itatu mu mahugurwa agenewe abahesha b’inkiko batari ab’umwuga agamije kububakira ubushobozi bwo kurangiza imanza zabaye itegeko.

Meya Dusengiumva yabasabye kurangwa no kubahiriza amategeko, gukoresha umutimanama, gukorera mu mucyo, kwirinda indonke cyangwa ruswa ahubwo bakishyira mu mwanya w’umuturage.

Ati “Guhera uyu munsi mwabaye abahesha b’inkiko. Tubitezeho kurangiza imanza neza kandi ku gihe, bikazagabanya ikibazo cy’imanza zitarangizwaga."

Ubwo batangiraga ayo mahugurwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa by’Umujyi wa Kigali, Stella Kabahire, yavuze ko mu Mujyi wa Kigali hakigaragara imanza nyinshi zitararangira kandi zidafite imbogamizi, abasaba ko bazirangiriza ku gihe bifashishije sisiteme yabugenewe izwi nka "IECMS".

Itegeko nimero 12/2013 ryo ku wa 22 Werurwe 2013 rigenga umurimo w’abahesha b’inkiko, rigaragaza ko abahesha b’inkiko batari ab‘umwuga ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere, uw’umumurenge, uw’akagari, abungirije abayobozi b’ibiro by’ubutabera bishinzwe kugira inama abaturage, umukozi wa minisiteri ufite mu nshingano gukurikirana irangizwa ry‘imanza n’umuyobozi wa gereza. Abandi babihererwa ububasha n’itegeko.

Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga bahabwa ubwo bubasha bagishyirwa mu myanya y’akazi ibubahesha kandi bamaze kubirahirira, bakabutakaza igihe bayivuyeho.

Imirimo iri mu bubasha bw’umuhesha w’inkiko utari uw’umwuga irimo kurangiza ibyemezo by’inkiko, iby’inzego z’ubuyobozi zibifitiye ububasha n’izindi nyandikompesha.

Harimo kandi kwishyuza imyenda ishingiye ku masezerano, ku mategeko cyangwa ku rubanza rwaciwe kandi rwashyizweho inyandikompuruza.

Mu byo umuhesha w’inkiko utari uw’umwuga akora kandi harimo gukora imenyekanisha ryose riteganywa n’amategeko iyo abisabwe ku buryo buteganywa n’amategeko n’umuntu wese ubifitemo inyungu.

Harimo gufatira cyangwa guteza cyamunara ibintu byimukanwa n’ibitimukanwa, byanditswe n’ibitanditswe, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko, iby’inzego z’ubuyobozi zibifitiye ububasha n’izindi nyandikompesha.

Abo bantu kandi bashinzwe gukora inyandiko zijyanye no kwishyuza mu irangiza ry’inyandikompesha n’imyenda ishingiye ku masezerano, guzishyikiriza abo zigenewe no kureba no kwemeza uko ikintu cyangwa ibintu bimeze bishingiye ku cyemezo cy’urukiko icya komite y’abunzi cyangwa undi wese ubifitemo inyungu.

Bashinzwe kandi kuvana abantu mu by’abandi iyo byategetswe n’urukiko na nyuma ya cyamunara, gusaba perezida w’urukiko gushyiraho itariki yo guteza cyamunara no gukora indi mirimo iteganywa n’itegeko.

Uretse umukozi wa minisiteri ufite mu nshingano gukurikirana irangizwa ry’imanza ufite ububasha nk’ubw’abahesha b’inkiko b’umwuga, abandi bahesha b’inkiko batari ab’umwuga bafite ububasha bugarukira mu mbibi z’ifasi bakoreramo imirimo ituma bagirwa abahesha b’inkiko.

Meya w'Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel yasabye abahesha b'inkiko batari ab'umwuga kwirinda indonke
Abahesha b'inkoko batari ab'umwuga 50 barahiriye gukora iyo mirimo
Abahesha b'inkoko batari ab'umwuga 50 bamaze iminsi itatu bahabwa amahugurwa
Abahesha b'inkiko batari ab'umwuga bamaze iminsi itatu mu mahugurwa yari agamije kububakira ubushobozi bwo kurangiza imanza zabaye itegeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .