Mu 2017 Renault-Nissan-Mitsubishi yari yacuruje imodoka miliyoni 10.6 ndetse mu mezi atandatu ya mbere ya 2018, rugurisha miliyoni 5.54.
Mu kwezi gushize Toyota yatangaje imibare y’agateganyo yuko yacuruje ku Isi imodoka zingana na miliyoni 10.55, icyakora ntiratangaza imibare nyakuri.
Ecomonic Times yanditse ko Volkswagen ivuga ko umwaka ushize yacuruje imodoka zifite ibirango bya VW zisaga miliyoni 6.24, izifite ibirango bya Audi zisaga miliyoni 1, 81 n’izifite ibya Porsche zisaga ibihumbi 256,000.
Ibi byatumye izifite ibirango bya Audi ziza ku mwanya wa gatatu nyuma ya BMW zaguzwe zingana na 2,125,026 na Mercedes-Benz, yacuruje izisaga miliyoni 2, 31.
Volkswagen yatangaje ko yagize icyuho mu bucuruzi cyatewe n’uko inganda zo muri Amerika zashyize imodoka nyinshi ku isoko ryo mu Bushinwa, ari naho yagurishirije mu gihembwe cya kabiri cya 2018.
Umuyobozi ushinzwe ishami ry’ubucuruzi muri Volkswagen, Christian Dahlheim, yavuze ko bizeye ko abazishaka mu Bushinwa batazahinduka cyane mu 2019.
Dahlheim yavuze ko nta n’ingaruka bateganya uruganda ruzagira bitewe n’ikoranabuhanga batangije ryo kugabanya ibyuka byangiza ikirere biva mu modoka bakora, ryarutwaye asaga miliyari 1$.
Gusa mu Ukuboza rwatangaje ko umubare w’imodoka rwakoze wagabanutseho 8,4%.
Umubare w’imodoka rwashyize ku isoko ry’u Bushinwa zagabanutseho 12.5% ndetse n’uruganda ruhakorera rwa Wolfsburg zigabanukaho 5.6%.



















TANGA IGITEKEREZO