00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubukungu bw’u Rwanda buzazamukaho 7,2% mu 2026 - IMF

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 24 January 2026 saa 01:02
Yasuwe :

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, cyashyize u Rwanda mu bihugu byitezweho kugira ubukungu buzazamuka cyane mu 2026, kuko byitezwe ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda uziyongera ku kigero cya 7,2%.

Mu 2025, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyagaragaje ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 11,8% mu gihembwe cya gatatu, mu gihe mu gihembwe cya kabiri wari wazamutse kuri 7,8% no kuri 6,5% mu gihembwe cya mbere.

Serivisi zagize uruhare runini mu izamuka ry’umusaruro mbumbe kuko zifite 57%, ubuhinzi ni 15% mu gihe inganda zifite 22%.

Imibare ya IMF igaragaza ko muri Afurika igihugu ubukungu bwacyo buzazamuka ku rwego rwo hejuru ari Sudani y’Epfo kuko umusaruro mbumbe byitezwe ko uzazamukaho 48,8%, igakurikirwa na Guinée umusaruro mbumbe wayo uzazamukaho 9,3%.

Ibindi bihugu birimo Ethiopia, Bénin, Niger, Côte d’Ivoire, Uganda, Tanzanie na Zambie byitezwe ko umusaruro wabyo uzazamukaho hagati ya 4,0% na 4,5%.

Umusaruro mbumbe w'u Rwanda uzazamukaho 7,2% mu 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages