Imibare igaragaza ko muri icyo cyumweru u Rwanda rwohereje mu mahanga kawa ipima toni 1.226, yinjiza 7.673.630$.
Icyayi cyoherejwe mu mahanga muri icyo gihe kingana na toni 985, zinjije 2.915.114$.
Imboga u Rwanda rwohereje mu mahanga zinjije 452.410$, naho imbuto zinjiza 407.409$.
U Rwanda kandi rwacuruje indabo zingana na toni 19, zinjiza 108.534$. Ni mu gihe ibikomoka ku matungo byacurujwe byo bingana na toni 378, aho byinjije 473.159$.
Byinshi muri ibi bicuruzwa byoherejwe mu bihugu birimo Nigeria, u Bwongereza n’u Buholandi.
Guverinoma y’u Rwanda iherutse kugaragaza ko bitarenze mu 2029 umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi uzongerwa ku kigero cya 50% mu rwego rwo gukomeza kwihaza mu biribwa n’iterambere ry’ubukungu bw’igihugu, inagaragaza ibizarufasha.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yavuze ko hazashyirwa imbaraga muri gahunda zigamije kongera umusaruro ndetse no gufasha abahinzi kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu kongera umusaruro.
Mu 2024 ubuhinzi bwari bugize 25% by’umusaruro mbumbe w’igihugu hakaba hifuzwa ko uwo musaruro wongerwaho 50% mu 2029.
Uruhare rw’ubuhinzi n’ubworozi hamwe n’urw’izindi nzego zitandukanye z’ubukungu rwafashije kuzamura umusaruro mbumbe ku muturage wavuye ku madorali 754 yariho mu 2017 ugera ku madorari 1.040 mu 2024.
Ubuhinzi kandi butanga akazi ku kigero cya 55% mu bice by’icyaro na 12% mu mijyi mu gihe abahinga bagamije isoko mu 2025 bari ku kigero cya 48% mu gihe hafi 70% y’Abanyarwanda batunzwe nabwo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!