00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musk ntagitunze miliyari 1000$

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 June 2026 saa 10:39
Yasuwe :

Elon Musk yavuye ku rwego rw’abatunze arenga miliyari 1000$ nyuma y’uko imigabane y’ibigo bye bya Tesla na SpaceX ihanantutse mu gaciro.

Nk’uko imibare ya Bloomberg ibigaragaza, umutungo wa Musk wageze kuri miliyari 957$ uvuye kuri miliyari zirenga 1100$ mu ntangiriro za Kamena 2026.

Icyakora aracyayoboye urutonde rw’atunze agatubutse mu Isi.

Space X yashyizwe ku isoko ry’imari n’imigabane ku wa 12 Kamena 2026. Umugabane umwe washyizwe ku Madolari 150 iki kigo kigira agaciro k’arenga miliyari 1.770. Kuko Musk afitemo 42% by’imigabane muri Space X, umutungo we wahise ugera kuri miliyari zirenga 1000$.

Ku wa 16 Kamena, imugabane wa Space X wageze ku Madolari 225 bituma Musk agira umutungo wa miliyari 1320$.

Icyakora iyi migabane yahise ihanantuka kubera ko abashoramari bakemanze izamuka rikabije ry’agaciro k’ibigo by’ikoranabuhanga.

Imigabane ya Space X yagabanyutseho 30%, igera ku Madolari 156 ku mugabane umwe. Ku wa 22 Kamena gusa iyi migabane yagabanyutseho 16%, bituma Musk ahomba miliyari 240$. Mu minsi yakurikiyeho imigabane ya Tesla na yo yagabanyutseho 6% bituma igihombo cyiyongera kuko Musk afite 12% muri Tesla.

Musk ntagitunze miliyari 1000$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages