00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Miliyari 3,55 Frw zizigamwe muri RNIT-Iterambere Fund mu Cyumweru kimwe

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 11 April 2026 saa 09:52
Yasuwe :

Ikigega RNIT-Iterambere Fund cyagaragaje ko mu Cyumweru cya mbere cya Mata 2026, cyakiriye miliyari 3,55 Frw z’abantu bizigamye muri iki kigega, bigaragaza uburyo umuco wo kwizigama ukomeje gukura mu Banyarwanda.

Iki kigega kigaragaza ko ayo amafaranga y’ubwizigame yakiriwe hagati y’itariki 3 Mata na 10 Mata 2026. Ibi byatumye umutungo wose iki kigega gicunze ugera kuri miliyari 93,93 Frw.

RNIT-Iterambere kandi yagaragaje ko muri iki Cyumweru umugabane umwe wari uhagaze 269,55 Frw

Umuntu wizigamye muri RNIT Iterambere Fund, atangira kubona inyungu ku munsi ukurikiyeho, inyungu ikagenda yiyongera umwaka warangira, nyir’ubwizigame agahabwa inyungu ya 11,78%.

Mu 2014 ni bwo Ikigega RNIT Iterambere cyatangijwe na Guverinoma y’u Rwanda, gitangira gukora neza mu 2016.

Hari hagamijwe kwigisha Abanyarwanda ibyiza byo kwizigama n’uburyo bwo kugenzura ishoramari ryabo mu gihe runaka ariko banahabwa n’inyungu. Ubwizigame buhera ku 2000 Frw.

Umuco wo kwizigama mu Rwanda utangiye gushinga imizi buhoro buhoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages