00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikawa y’u Rwanda yinjije asaga miliyari 43 mu mwaka wa 2015

Yanditswe na

Ntakirutimana Deus

Kuya 13 January 2016 saa 11:56
Yasuwe :

U Rwanda rwinjije amafaranga asaga miliyari 43 na miliyoni 300 avuye mu ikawa rwohereje mu mahanga mu mwaka wa 2015, mu gihe muri 2014 rwari rwinjije asaga miliyari 43 na miliyoni 100.

Ikawa yagurishijwe mu mahanga mu mwaka wa 2015, ifite agaciro ka miliyoni 56.3 z’amadorali ya Amerika mu gihe muri 2014 yari miliyoni 56.

Ingano y’ikawa yoherejwe mu mahanga mu mwaka wa 2015 isaga kilogarama miliyoni 17.3, ni ukuvuga izagurishijwe mu mezi 11 y’umwaka wa 2015, naho mu mwaka wa 2014 rwari rwagurishije kilogarama zisaga miliyoni 15.1, bivuze ko uwo musaruro wiyongereyeho 14.61%.

Uwo musaruro wiyongereyeho ibiro bisaga miliyoni ebyiri ugereranyije n’uwagurishijwe mu mwaka wa 2014 nk’uko imibare y’Ikigo cya Leta gishinzwe ibyoherezwa mu mahanga, NAEB yabigaragaje.

Igurishwa ry’iyo kawa ryagiye rizitirwa no kugwa kw’ibiciro by’ikawa ku isoko mpuzamahanga, ku kigero cya 23% ku kilo cyavuye ku madolari ya Amerika 4.23 kikaba 3.24 muri Nyakanga 2015.

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ikawa muri NAEB, Dr. Célestin Gatarayiha, yavuze ko ikawa itunganyije mu Rwanda yiyongereye kuva ku kigero cya 42.% muri 2014 kugera kuri 42.2% muri 2015.

Yagize ati "Dufite intego ko umusaruro w’ikawa twohereza mu mahanga uziyongera, bitewe n’uko dushaka kongera n’ingano y’ikawa itunganyije neza kugera kuri 50%.”

Nk’uko New Times yabitangaje, ku rundi ruhande umusaruro w’amata na wo wariyongereye kuko mu mwaka wa 2015, hagurishijwe litiro zisaga miliyoni 11 n’ibihumbi 800 zinjije asaga miliyoni 11.9 z’amadolari ya Amerika, mu gihe muri ayo mezi 11 y’umwaka wa 2014, amata yari yinjije asaga miliyoni 11 n’ibihumbi 200 by’amadolari ya Amerika, bivuze ko amata yiyongereyeho 5.9%.

Ku bijyanye n’ibinyampeke, u Rwanda rwatumije hanze ibinyampeke bifite agaciro ka miliyoni 19 n’ibihumbi 400 z’amadolari ya Amerika. Muri rusange ibinyampeke byatumijwe hanze byariyongereye kuko ugereranyije no muri 2014, aho byari byagabanutseho ibilo bisaga miliyoni 37.

NAEB isanga bishobora guterwa n’impunzi z’Abarundi ziyongereye mu Rwanda, bityo Ishami rya Loni rishinzwe ibiribwa (PAM) rikagura ibinyampeke byinshi.

Ikawa y’u Rwanda ikunze kugurwa n’ibihugu nk’u Busuwisi bugura 30% by’umusaruro wose, Amerika y’Epfo n’iya Ruguru na byo bigura 30%. U Bubiligi bugura 17%, u Bwongereza bugura 6%.

Abakozi bari kwita kuri kawa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages