NAEB igaragaza muri iyi minsi itanu, u Rwanda rwohereje mu mahanga toni ibihumbi 10,6 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi birimo ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo, ibinyabijumba, ibinyamisogwe, ibinyampeke, amatungo n’ibiyakomokaho.
Mu minsi itanu, u Rwanda rwohereje mu mahanga toni 1.506 z’ikawa yagurishijwe miliyari 13,8 Frw, rwoherezayo toni 1.497 z’icyayi cyagurishijwe miliyari 6,3 Frw.
Mu mahanga hoherejwe ibinyabijumba, ibinyamisogwe, ibinyampeke n’ibindi bihingwa bitandukanye bipimye toni 6.547, bigurishwa miliyari 4,9 Frw. Ibihugu byoherejwemo byinshi birimo Oman n’ibindi byo muri Afurika.
Imboga zoherejwe mu mahanga muri iyi minsi itanu zipima toni 437. Zagurishijwe miliyoni 569 Frw mu bihugu birimo u Bwongereza, u Buholandi, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bufaransa, u Budage n’ibyo muri Afurika.
U Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu n’ibihugu byo muri Afurika byahashye cyane imbuto zaturutse mu Rwanda. Byoherejwemo toni 376 zagurishijwe miliyoni 471,7 Frw.
Amatungo n’ibiyakomokaho byoherejwe mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Byinjirije u Rwanda miliyoni 535 Frw kuva tariki ya 16 kugeza ku ya 20 Gashyantare.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!