00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda miliyoni 12,5$ mu cyumweru kimwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 December 2025 saa 03:56
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko mu cyumweru kimwe ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda miliyoni 12,5$.

U Rwanda rwinjije aya mafaranga biturutse mu bihingwa n’ibikomoka ku matungo rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 8-12 Ukuboza 2025.

Muri icyo cyumweru hoherejwe mu mahanga toni 752 z’ikawa, zinjije 5.364.758$.

Hacurujwe kandi toni 800 z’icyayi, zinjiza 2.422.970$. Ni mu gihe imboga zinjije 522.267$, Imbuto zinjiza 358.551$.

Ikindi u Rwanda rwacuruje mu mahanga ni indabo zinjije 104.143$, yavuye muri toni 19 zacurujwe.

Ibikomoka ku matungo byo byinjije 409.992$.

Muri gahunda y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere, NST1 ubuhinzi nk’urwego rukorwamo n’abaturage bangana na 70% mu gihe urubyiruko rurimo rugera kuri 61.7 %, ni rumwe mu zagombaga gutezwa imbere cyane ko rubumbatiye umubare munini w’Abanyarwanda, ubundi bagafashwa kwihaza mu biribwa bagasagurira n’amasoko.

Hakozwe byinshi. Mu myaka irindwi ishize, umusaruro mbumbe ukomoka ku buhinzi n’ubworozi wavuye kuri Miliyari 2.027 Frw mu 2017 ugera kuri miliyari 3.415 Frw mu 2024, bingana na 88% kuko intego yari miliyari 3.888 Frw.

Uyu munsi buhinzi bwihariye 27% by’umusaruro mbumbe wose w’igihugu.

Ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi byinjirije u Rwanda miliyoni 12.5$ mu cyumweru kimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages