Ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga muri iyo minsi itanu birimo ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo, ibikomoka ku matungo n’ibindi.
Ikawa yoherejwe ingana na toni 741, yinjije arenga miliyoni 4,8$. Icyayi cyoherejwe kingana na toni 1097 zinjije arenga miliyoni 3,1$. Ni mu gihe imboga zoherejwe zingana na toni 509 zinjije arenga ibihumbi 485,340$.
Imbuto zo hoherejwe toni 385 zinjije arenga ibihumbi 286$, naho indabo hoherezwa toni 44 zinjije arenga ibihumbi 388$.
Ibihungu bikunze koherezwamo ibi bicuruzwa ni u Bwongereza, u Buholandi, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Bufaransa, u Bushinwa n’u Buyapani.
Ni mu gihe mu bindi bicuruzwa hoherejwe toni 6.500 zinjije arenga miliyoni 3,4$ naho ibikomoka ku matungo u Rwanda rwohereje toni 266 byinjije arenga ibihumbi 449$.
Ibi byo byohorejwe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Oman, u Buhinde no mu bihugu bituranye n’u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!