00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibicuruzwa by’u Rwanda binyuzwa ku cyambu cya Mombasa byageze kuri toni 840.000

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 23 January 2026 saa 09:59
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe icyambu cya Mombasa (Kenya Port Authority), Capt William Kipkemboi Ruto yavuze ko mu 2025 ibicuruzwa by’u Rwanda binyura kuri iki cyambu, byiyongereyeho toni 156.107 mu 2025 bingana na 22%, bigera kuri toni 839.366.

Ibi yabitangaje ku wa 22 Mutarama 2026, ubwo u Rwanda na Kenya byashyiraga umukono ku masezerano y’imikoranire agamije kongera ubushobozi uru rwego rumaze imyaka irenga 12 rukorera mu Rwanda.

Aya masezerano yashyizweho umukono n’Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Conoth Manishimwe na mugenzi we wa Kenya, Mohamed Daghar.

Umuyobozi Mukuru wa KPA, Capt William Kipkemboi Ruto, yavuze ko ibicuruzwa by’u Rwanda binyura ku cyambu cya Mombasa byiyongereye cyane ugereranyije n’umwaka wa 2024.

Ati “Ibicuruzwa by’u Rwanda binyura ku cyambu cya Mombasa byiyongereyeho toni 156.107 bingana na 22% ugereranyije no mu 2024. Mu 2025 ibicuruzwa by’u Rwanda byanyuze ku cyambu cya Mombasa byageze kuri toni 839.366 bivuye kuri 683.259.”

Yakomeje ashimira Leta y’u Rwanda ku buryo bwiza bakorana ndetse agaragaza ko binyuze muri aya masezerano biteze ko n’iyi mibare iziyongera ku kigero cyo hejuru.

Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Conoth Manishimwe, yavuze ko binyuze muri ubu bufatanye hagati y’ibi bihugu byombi bizafasha kugabanya ingorane zagaragaraga mu bucuruzi bwambukiranya imipaka mu bihugu byo mu muhora wa ruguru.

Ati “Aya masezerano azadufasha uburyo bwo gukorana hagati yacu kandi haziyongeramo uburyo bwo gukorana bworoshye, ku buryo ikibazo cyose kizajya kiboneka hazajya haboneka uburyo bworoshye bwo kugishakira igisubizo hagati yacu n’ubuyobozi bw’icyambu.”

Yakomeje avuga ko imodoka z’abacuruzi zajyaga zihura n’ibibazo zigafatwa mu buryo budasobanutse cyangwa bunyuranyije n’amategeko bitazongera kubaho.

Ati “Hari ibibazo byakundaga kugaragara by’uburyo imodoka z’abacuruzi zakundaga gufatwa, imizigo igatinda ku cyambu cyangwa bakaba bacibwa amande atari ngombwa. Ibyo ntabwo bizongera kubaho kubera ko harimo ingingo ya ‘Non-Barrier Tariff’.”

Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri ishinzwe imihanda n’ubwikorezi muri Kenya, Mohamed Daghar, yagaragaje ko bagiye guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi binyuze muri ubu bufatanye byagiranye.

Ati “Binyuze muri aya masezerano ubucuruzi hagati yacu n’u Rwanda buzarushaho gutera imbere kubera ko nta mpugenge abacuruzi bazongera guhura na zo z’uko imodoka zitwara ibicuruzwa byabo zahagarikwa cyangwa ngo babe bacibwa amande adasobanutse.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda igaragaza ko kuva mu 2022, ingano y’ibicuruzwa u Rwanda runyuza ku cyambu cya Mombasa kiri mu ntera ya kilometero 1680 mu muhora wa ruguru yagiye yiyongera cyane.

Iyi mibare igaragaza ko mu 2022 ibicuruzwa by’u Rwanda byanyujijwe ku cyambu cya Mombasa, byanganaga na toni 429,85, mu 2023 iyo ngano yageze kuri toni 520.000.

Ubwo bayobozi bo ku mpande zombi bashyiraga umukono ku masezerano yo guteza imbere ubucuruzi hagati y'u Rwanda na Kenya
U Rwanda na Kenya byinjiye mu bufatanye bushya bwo guteza imbere ubwikorezi
Umuyobozi w'Urwego rw'Abikorera mu Rwanda, Stephen Ruzibiza (ubanza iburyo) yagaragaje ko abacuruzi bo mu Rwanda bagiye koroherezwa kugeza mu gihugu ibyo batumije
Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Conoth Manishimwe, yavuze ko ubufatanye bw'u Rwanda na Kenya buzafasha kugabanya ingorane zakundaga kugaragara mu bucuruzi bwambukiranya imipaka
U Rwanda na Kenya byasinye amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi
Umuyobozi Mukuru wa KPA, Capt William Kipkemboi Ruto, yavuze ko ibicuruzwa by’u Rwanda binyura ku cyambu cya Mombasa byiyongereye cyane ugereranyije n’umwaka wa 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages