00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yatakaje hafi kimwe cya kabiri cy’umutungo we mu byumweru bitandatu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 August 2026 saa 04:11
Yasuwe :

Umutungo wa Elon Musk wagabanutse ku buryo bukomeye mu byumweru bitandatu gusa, uva ku mafaranga arenga miliyari 1.330$ ugera kuri miliyari 684$, bitewe ahanini n’igabanuka ry’agaciro k’imigabane ya SpaceX na Tesla.

Nubwo yatakaje hafi miliyari 650$ muri icyo gihe gito, Musk aracyari umuntu wa mbere ukize ku Isi, umutungo we ukaba ubarirwa muri miliyari 684$.

Muri Kamena 2026, Musk yari yabaye umuntu wa mbere ku Isi ugejeje umutungo ungana na miliyari 1000 z’amadolari, nibura hashingiwe ku gaciro k’imigabane afite mu bigo ayoboye. Icyakora, uwo mutungo watangiye kugabanuka cyane nyuma y’uko SpaceX ishyizwe ku isoko ry’imari rya Nasdaq.

Ubwiyongere bukomeye bw’abashoramari bashakaga kugura imigabane ya SpaceX bwari bwazamuye agaciro k’iki kigo ku rwego rwo hejuru, bituma umutungo wa Musk ugera ku mafaranga arenga miliyari 1.330$. Nyuma, agaciro k’imigabane yacyo karagabanutse, bigira ingaruka zikomeye ku mutungo we.

Tesla na yo yagize uruhare muri iryo gabanuka. Nyuma y’uko imigabane y’uru ruganda rukora imodoka z’amashanyarazi igeze ku gaciro ko hejuru cyane mu mpera za 2025, yatangiye kugabanuka, bituma Musk atakaza andi mafaranga abarirwa muri za miliyari.

Igice kinini cy’umutungo wa Musk gishingiye ku migabane afite muri SpaceX na Tesla. Afite hafi 40% bya SpaceX, ikigo cyaje guhuzwa na xAI, sosiyete ye ikora mu bijyanye n’ubwenge buhangano. Afite kandi hagati ya 11% na 12% by’imigabane ya Tesla.

Bivuze ko buri gihe agaciro k’imigabane y’ibi bigo kazamutse cyangwa kagabanutse, umutungo wa Musk na wo uhita uhinduka.

Afite kandi indi mitungo ishingiye ku bigo birimo X, yahoze yitwa Twitter, Neuralink na The Boring Company, ariko ibi bigo bifite uruhare ruto ugereranyije na SpaceX na Tesla.

Nubwo yagize iri gabanuka rikomeye, umutungo wa Musk uracyaruta uwa Larry Page, umwe mu bashinze Google, n’uwa Jeff Bezos washinze Amazon, uteranyije.

Icyakora, uyu mutungo ahanini ni uwo mu mibare kuko ushingiye ku gaciro k’imigabane. Musk aramutse agurishije imigabane myinshi icyarimwe, agaciro kayo kagabanuka, bigatuma amafaranga nyakuri yakuramo aba make cyane ugereranyije n’umutungo ubu abarirwa.

Umutungo wa Elon Musk umaze kumanukaho arenga miliyari 600$ mu gihe kitageze ku Cyumweru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages