Ni imibare yatangajwe na Banki Nkuru y’Igihugu, yerekana uruhare Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje kugira mu bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, Soraya Hakuziyaremye, yagize ati “Akomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije. Ni miliyoni 502$ mu mwaka ushize. N’amafaranga y’abashoramari baturutse mu bindi bihugu na byo byiyongereye ku kigero gishimishije, miliyoni 573$ mu 2024 ugereranyije na 458$ twari dufite mu 2023.”
Mu 2020, ayo mafaranga yari yageze kuri miliyoni 274$, mu 2021 agera kuri miliyoni 379$ mu gihe mu 2022 yageze kuri miliyoni 461$. Mu 2023 yari yageze kuri miliyoni 505$.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!