Ni inguzanyo zashyizwe mu bukangurambaga bwiswe ‘Inzozi Zawe’ zikubiyemo inguzanyo eshatu. Zirimo iyo kubaka cyangwa kugura inzu, kugura imodoka n’inguzanyo ku mushahara izwi nka ‘avance sur salaire.’
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri GTBank Rwanda Plc, Ntwali Martin, yasobanuye ko nko ku nguzanyo ya ‘avance sur salaire’ umuntu ashobora kubona agera kuri miliyoni 50 Frw nta ngwate.
Ati “Iyi nguzanyo igukubira umushahara guhera ku nshuro 20 kugeza kuri 24, ariko icy’ingenzi ni uko iyo umuntu ari kwaka iyi nguzanyo amenya ko atahabwa inguzanyo izamusaba gukatwa arenga kimwe cya kabiri cy’umushahara we mu kwezi.”
Indi nguzanyo ni iyo kugura imodoka, ‘GT Auto Loan’ aho ishobora guha umuntu agera kuri miliyoni 120 Frw bitewe n’ayo ahembwa, akayibona ntayindi ngwate atanze uretse iyo modoka, ndetse ikazishyurwa mu gihe cy’imyaka itanu.
Ati “Dufite ibigo dukorana birimo Toyota, Volkswagen, Akagera, Rwanda Motor, n’ibindi byose washaka kuguriramo bipfa kuba byemewe.”
Inguzanyo ya gatatu ni iyo kugura inzu, aho ku muntu ushaka kubaka ashobora guhabwa agera kuri miliyoni 300 Frw, mu gihe ushaka kugura ziyongera zikagera kuri miliyoni 450 Frw.
Ntwali yasobanuye ko undi mwihariko w’izi nguzanyo ari uko zose ziri ku nyungu ya 12,99 %, ndetse ishobora no guhabwa umuntu utari asanzwe akorana na GTBank Rwanda Plc.
Ati “Umuntu wese ukorera ibigo dukorana na byo ariko udasanzwe afite konti muri GTBank Rwanda Plc, wenda asanzwe akorana n’izindi banki, ashobora kuyibona kuko twe tumufungurira konti nyuma tukagura inguzanyo yari afite muri iyo banki, noneho akaza agakomereza iwacu .”
Ashimangira ko nyuma yo kugurirwa inguzanyo bakongera iyindi bitewe n’ubushobozi bwawe bwo kwishyura ugahabwa ubwoko ubwo ari bwo bwose bwa "Inzozi Zawe".



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!