Ni amakuru akubiye muri raporo ya RMB yasohotse kuri uyu wa Kabiri, tariki 7 Ugushyingo 2023, aho igaragaza uko ubucukuzi bwari buhagaze kuva muri Nyakanga kugeza muri Nzeri 2023.
Mu Rwanda hacukurwa amabuye y’agaciro arimo Gasegereti, Coltan, Wolfram, Zahabu n’andi.
Gasegereti yacukuwe ingana n’ibilo 294.717 akaba yarinjije miliyoni 5,3 z’amadolari muri Nyakanga. Muri Kanama yageze ku bilo 415.482 yinjiza miliyoni 6,9 z’amadolari naho muri Nzeri yageze ku bilo 440.176 byinjije miliyoni 6,7 z’amadolari.
Muri Nyakanga hacukuwe ibilo 189,183 bya coltan byinjije miliyoni 8,1; ibilo 141.658 byinjije miliyoni 5,8 muri Kanama n’ibilo 208.155 bihwanye na miliyoni 9,3 z’amadolari muri Nzeri.
Andi mabuye y’agaciro ni Wolfram aho muri Nyakanga habonetse umusaruro ungana n’ibilo 237,116 byavuyemo miliyoni 3,04 z’amadolari, wagabanutse mu kwezi kwakurikiyeho kuko habonetse ibilo 198,409 byavuyemo miliyoni 2,6 naho muri Nzeri haboneka ibilo 218.802 byavuyemo miliyoni zisaga 2,7 z’amadolari.
U Rwanda kandi rwabonye umusaruro wa zahabu ungana n’ibilo 1155 byavuyemo miliyoni zisaga 73,1 z’amadolari muri Nyakanga; ibilo 1000 byavuyemo miliyoni zisaga 62,1 muri Kanama n’ibilo 845 byavuyemo miliyoni 52,6 z’amadolari muri Nzeri.
Ubundi bwoko bw’amabuye y’agaciro bwavuyemo umusaruro wa miliyoni 1,08 y’amadolari muri Nyakanga; miliyoni 1,2 muri Kanama n’ibihumbi 713 by’amadolari muri Nzeri.
Muri rusange ingano y’amabuye y’agaciro yacurujwe ku isoko mpuzamahanga igera kuri toni zirenga 5500 yavuyemo miliyoni zirenga 241,8 z’amadolari ya Amerika.
Ugereranyije uyu musaruro n’uwabonetse mu gihe nk’iki mu mwaka washize, amabuye y’agaciro yacurujwe yiyongereyeho 22,4% kuko hari habonetse toni zisaga 4300 zabyaye miliyoni 197,4 z’amadolari ya Amerika.
Ubushakatsi bwakozwe mu 2017, bwagaragaje ko mu Rwanda hari uduce 52 turimo amabuye y’agaciro, aho utugera kuri 37 twamaze gutangwamo impushya z’ubucukuzi, uduce 10 ntituratangira gukorerwamo ubwo bucukuzi mu buryo bwemewe mu gihe dutanu turi ahari ibyanya bikomye bya pariki.
Raporo zitandukanye zigaragaza ko ku rwego rw’Isi, u Rwanda ruza ku mwanya wa gatatu mu kugira amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan, ku mwanya wa 12 mu kugira Gasegereti n’umwanya wa munani mu kugira aya Wolfram.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!