00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

I&M Bank yakoze umwitozo wo kuzimya inkongi ugenda neza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 August 2026 saa 04:34
Yasuwe :

I&M Bank (Rwanda) Plc yakoze umwitozo wo kuzimya inkongi mu rwego rwo kugira ngo hatangwe amahugurwa y’uburyo abahakorera bashobore kwirwanaho mu gihe hafashwe n’inkongi.

Uyu mwitozo wateguwe n’ubuyobozi bwa I&M Bank (Rwanda) Plc ndetse n’Ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi muri Polisi y’Igihugu.

Ahagana Saa Yine za mu gitondo tariki ya 14 Kanama 2026 ni bwo mu nyubako ikoreramo I&M Bank (Rwanda) Plc, havugijwe intabaza ikoreshwa igihe inyubako ifashwe n’inkongi.

Abakozi ba banki, abakorera muri iyi nyubako n’abandi bose barimo bashaka serivisi zitandukanye bahise bayoborwa kujya aho basohokera habugenewe mu gihe inyubako ifashwe n’inkongi birinda gukoresha asanseri.

Beretswe ko niba inkongi ifashe inyubako rusange bagomba guhurira ahantu hamwe hagenwe kandi hitaruye inyubako, bakibuka guhamagara ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi.

Umuyobozi wungirije ushinzwe umutekano muri I&M Bank (Rwanda) Plc, Mugabo Bernard, yavuze ko uyu mwitozo wakozwe kugira ngo abakozi bamenye ko inyubako zishobora kugira ibibazo bishobora gutera inkongi n’uko bakwiriye kwitabara.

Ati “Intego y’uyu mwitozo ni ukugira ngo abantu bamenye ko dukorera mu nyubako zirimo amashanyarazi ashobora gutuma habaho ibibazo byatera inkongi, umutingito na wo ushobora gutuma ibaho ndetse n’ibindi bitandukanye. Iyo intabaza zisakuje tubamenyereza ko bagomba gusohoka bihuta bajya ahabugenewe aho bajya guhabwa amabwiriza yandi akurikiraho.”

Polisi yabwiye abakorera muri iyi nyubako ko hari uburyo batabarwa byihuse baramutse bahamagaye ku mirongo itishyurwa ya 111 cyangwa 112.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri I&M Bank Rwanda, Paul Sagnia yashimiye Polisi y'u Rwanda ibafasha kubahugura ku kurwanya inkongi
Ubwo intabaza yavugaga muri I&M Bank bahise basohoka bihuta
Beretswe aho bakwiriye kujya igihe inkongi yaba ifashe inyubako ya I&M Bank Rwanda
Ubwo abakozi basohokaga mu nyubako nyuma yo kumva intabaza
Muri uyu mwitozo hari hari imbangukiragutabara yo gufasha abagize ikibazo igihe inkongi y'umuriro yaba yabangije
RNP yahuguye abakozi ba I&M Bank Rwanda PLC
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri I&M Bank Rwanda, Paul Sagnia yashimiye Polisi y'u Rwanda ibafasha kubahugura ku kurwanya inkongi \

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages