00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BPR yafunguye ikigo cy’icyitegererezo gifite n’aho kwigishirizwa iby’imari

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 23 February 2026 saa 04:24
Yasuwe :

BPR Bank Rwanda PLC yafunguye Ikigo cy’icyitegererezo kigamije guteza imbere ubushobozi bw’abakozi bayo ndetse no gufasha abakiliya bayo bafite ibigo bito n’ibiciriritse mu rwego rwo gukomeza kubateza imbere babahugura ku bijyanye n’imari n’iterambere ry’imishinga yabo.

Iki kigo cyiswe ‘BPR Centre of Excellence’ giherereye mu nyubako iyi banki yahoze ikoreramo ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge.

Ubuyobozi bwa BPR Bank Plc yatangaje ko binyuze muri iki kigo, ibigo bito n’ibiciriritse bisanzwe bikorana n’iyi banki ndetse n’ibidakorana nayo bizunguka byinshi mu bijyanye no guteza imbere ibigo by’ubucuruzi byabo.

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda, Mutesi Patience, yavuze ko iki kigo kizagira akamaro mu iterambere ry’iyi banki binyuze mu bumenyi buzajya buhabwa abakozi bayo bwerekeranye n’iby’imari ndetse n’amahugurwa azajya ahabwa abakiliya bayo.

Ati “Intego y’iki kigo ni ugufasha buri umwe uzakinyuramo kunguka ubumenyi mu bijyanye n’imari cyane cyane ku bakozi bacu ndetse n’abakiliya bacu kugira ngo bizadufashe kuba banki ya mbere mu Rwanda kandi ikomeza gutanga serivisi inoze muri sosiyete Nyarwanda ndetse inateza imbere ubumenyi n’ibindi.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo ibyo bigerweho bizasaba ko bashyira imbaraga mu bijyanye n’ikoranabuhanga ndetse akaba ariyo mpamvu bahisemo gushyira ishami rishinzwe ikoranabuhanga muri iki kigo cy’icyitegererezo.

Ati “Buriya imikorere ya banki ihora ihinduka buri gihe bishatse kuvuga ko itajya ikomeza kuba imwe igihe cyose. Niyo mpamvu binyuze muri iki kigo bizafasha itsinda rishinzwe ikoranabuhanga mu guhanga udushya bifashishije ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano mu gukemura ibibazo by’abakiliya ndetse no gukomeza kudufasha gukomeza gutanga serivisi inoze.”

Mu rwego rwo gukomeza gutanga serivisi nziza ku bakiliya ba BPR Bank Rwanda, muri iki kigo himuriwemo ry’ishami ry’iyi banki rishinzwe gutanga iyo serivisi ririmo abakozi bazajya bitaba bakanasubiza ibibazo by’abakiliya ndetse n’ibindi bitandukanye.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BPR Bank Rwanda, George Rubagumya yasabye ko iyi gahunda yo gushinga ibigo by’icyitegererezo ikomeza no mu zindi Ntara z’igihugu, kugira ngo abafite ibigo biciriritse bakomeze gutera imbere binyuze mu bumenyi bazajya bahabwa.

BPR Bank Rwanda yatangiye ibikorwa mu 1975 yitwa Banki y’Abaturage y’u Rwanda. Kugeza ubu ifite amashami 73 hirya no hino mu gihugu.

BPR yafunguye ikigo cy’icyitegererezo gifite n’aho kwigishiriza iby’imari
Muri iki kigo, abakiliya ba BPR bashyiriweho abakozi bashinzwe gukurikirana no gusubiza ibibazo byabo
Muri iki kigo hazatangirwamo serivisi zo gufasha abakiliya ba BPR Bank Rwanda bafite ibigo bito n’ibiciriritse
Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda, Mutesi Patience, yavuze ko iki kigo kizagira akamaro mu iterambere ry’iyi banki
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BPR Bank Rwanda, George Rubagumya yasabye ko iyi gahunda yo gushinga ibigo by’icyitegererezo ikomeza no mu zindi ntara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages