00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BK yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bunyuzwaho ibitekerezo by’abakiliya

Yanditswe na Yvette Balinda
Kuya 10 October 2022 saa 10:48
Yasuwe :

Banki ya Kigali (BK) yatangije ku mugaragaro uburyo bushya yise ‘Ikaze’ yageneye abakiliya bayo mu rwego rwo kubafasha gutanga ibitekerezo kuri serivisi bahabwa.

Ubu buryo bwatangijwe ku mugaragaro ku wa Gatanu tariki 07 Ukwakira 2022 mu mashami ya Nyagatare, Gicumbi na Bugesera.

Abakiliya ba Banki ya Kigali bemeza ko ibi bizatuma serivisi bahabwa zirushaho kunozwa ndetse nabo bakagira uruhare mu bibakorerwa kuko ubu buryo buzajya butuma ibyifuzo byabo bigera ku babigenewe.

Ngamije Dan ukorana na BK yavuze ko ibi bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe bwo kwandika udupapuro dushyirwa mu gasanduku k’ibitekerezo.

Ati “Ubundi hari agasanduku k’ibitekerezo ni ko twakoreshaga tuvuga ibyo twifuza ko byahinduka, byashoboka ko utwo dupapuro twanatakaraga ibyifuzo byacu ntibigere kubakwiye kubishyira mu bikorwa, Ikaze rero kuva ari ikoranabuhanga, ibyifuzo byacu bizajya biba bifite umutekano. Ibi bizadufasha kumvwa maze tubone serivise nziza kurushaho”

Iyi serivisi ya ‘Ikaze’ umukiliya ayikoresha ashima cyangwa anenga serivisi bitewe n’uko yakiriwe, bikaba bizatuma haboneka ishusho nyayo y’imikorere y’amashami yose hakamenyekana akora neza ndetse n’adakora neza nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr Diane Karusisi.

Ati “Bazajya batubwira niba banyuzwe cyangwa banenge bifashishije Ikaze ndetse bakaba banatubwira aho babona twakongera imbaraga. Ayo makuru yose azajya atugeraho ku buryo twamenya amashami akora neza, adakora neza, serivisi abakiliya banenga byose kugira ngo tubifatire imyanzuro.”

Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro iyi serivisi mu mashami ya Gicumbi na Bugesera, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa muri Banki ya Kigali, Rumanyika Désiré yatangaje ko iri koranabuhanga riziye igihe kandi rizabafasha kurushaho gutanga serivisi inoze.

“Muri iki cyumweru twizihiza abakiliya ndetse na serivisi bahabwa twasanze ari ingenzi kuzirikana abakiliya tukabaha umwanya mu bibakorerwa. Niyo mpamvu yatumye dutaha ku mugaragaro uru rubuga rwa IKAZE ruzatuma turushaho kugira amakuru avuye mu bakiliya bityo dukomeze umuhigo wo kunoza Serivisi z’imari dutanga.”

Ikaze izajya iboneka mu mashami yose ya Banki ya Kigali. Biteganyijwe ko mu minsi ya vuba abakiliya bazajya bayikoresha banyuze muri telefone ngendanwa zabo batagombye kujya ku ishami iryo ari ryo ryose.

Abakiliya ba Banki ya Kigali basobanuriwe uko Ikaze ikoreshwa
Dan Ngamije, Umukiliya wa Banki ya Kigali yavuze ko Ikaze izatuma ibitekerezo byabo birushaho kumvwa
Umukiliya akanda ku kimenyetso kimwe muri ibi bitatu, akagaragaza uko yakiriwe
Ikaze yagejejwe mu mashami yose ya Banki ya Kigali
Mu mashami yo mu ntara naho habereye ibikorwa byo gutangiza iri koranabuhanga
Ikaze yitezweho kuzafasha Banki ya Kigali kumva ibitekerezo n'ubusabe bw'abakiliya
Iri koranabuhanga rije mu gihe abakiliya ba Banki ya Kigali bavuga ko bari barikeneye
Abakozi n'abayobozi ba Banki ya Kigali bafatanyije kwishimira iyi ntambwe itewe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages