00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Banki ya Kigali yatanze impamyabushobozi ku bantu 57 bahuguwe mu by’imari n’imiyoborere

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 6 December 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Banki ya Kigali binyuze mu kigo cyayo cy’amahugurwa, BK Academy, yatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 29 basoje icyiciro cya kane cy’ amahugurwa ajyanye n’imikorere ya banki n’abakozi bayo 28 barangije icyiciro cya gatandatu bari bamaze igihe bahabwa amasomo azabafasha kuvamo abayobozi beza b’ejo hazaza mu bigo by’imari.

Uyu muhango wabaye ku mugoroba wo ku wa 4 Ukuboza 2025, witabiriwe n’abayobozi bakuru ba Banki ya Kigali n’abafatanyabikorwa bayo, barimo n’abagiye bafasha mu gutanga aya mahugurwa.

Abagera kuri 29 bahuguwe ku mikorere ya banki ni icyiciro cya kane gisoje aya mahugurwa kuva BK Academy yatangira mu 2022.

Barimo abagore 15 n’abagabo 14, batoranyijwe mu bandi 5.920, baturutse muri Kaminuza zitandukanye zirimo Kaminuza y’u Rwanda, iya Kigali, iy’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi muri Afurika yo hagati (AUCA), Mount Kenya, African Leadership University n’izindi zo hanze y’igihugu.

Mu mezi atatu bari bamaze bahugurwa, abarangije muri BK Academy, bahawe ubumenyi ku mikorere n’imyitwarire iranga umukozi mu kazi, ndetse by’umwihariko bahugurwa kuri serivisi zitangirwa muri Banki ya Kigali, cyane ko bazahita bahabwa akazi mu mashami atandukanye y’iyi banki.

Abandi 28 basanzwe ari abakozi ba Banki ya Kigali bongerewe ubumenyi bubahesha gukora mu buryo bugezweho bifashishije ikoranabuhanga, ari nako bategurirwa kuzavamo abayobozi beza b’ibigo by’imari.

Aya mahugurwa yombi yateguwe na Mami F. Said, Umuyobozi ushinzwe abakozi na Martha F. Birungi.

Sabiti Collins, wahuguwe ku mikorere y’ibigo by’imari, yabwiye IGIHE ko ibyo bigishijwe bizababera impamba mu kazi kabo kuko byuje ubunyamwuga.

Ati “Mu mezi atatu, twigishijwe uko banki ibona amafaranga, uburyo ihangana n’imbogamizi, uko igabanya ibyago byo guhomba, uburyo ibika neza amafaranga y’abaturage aho bayashakiye bakayabona ndetse by’umwihariko batwigisha no gukora kinyamwuga.”

Undi wahuguwe ni Anne Marie Giraneza Nirere, umaze imyaka itatu akora muri Banki ya Kigali. Yavuze ko ubumenyi ku miyoborere yahawe bwamwaguye haba mu mikorere no mu mitekerereze.

Ati “Mu byo twigishijwe harimo kugira ubushobozi n’ubudahangarwa bwo guhangana n’imbogamizi zose, by’umwihariko nk’umuyobozi ukwiye kuba uzi guhanga ibishya, ukamenya uko ukorana n’abo uyobora, ukamenya uko ububakamo ubushobozi ku buryo n’iyo waba udahari akazi kakorwa nk’ibisanzwe.”

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, yibukije abahuguwe ko bakwiye kurangwa n’ubuntu kuko ari cyo kizabatandukanya n’abandi ndetse ko batagiye kubaka BK gusa, ahubwo bagiye kugira n’uruhare mu kubaka Igihugu.

Ati "Uko ikoranabuhanga n’ubwenge bw’ubuhangano (AI) bigenda byiyongera, kuba intyoza ntibigihagije, kuko buri wese ashobora kubigeraho. Ikizagutandukanya n’abandi ni imyitwarire yawe nk’umuntu: irimo kurangwa n’ubumuntu, ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo, n’ubushishozi. Ubumenyi ni ngombwa, ariko ubunyangamugayo bwawe ni bwo bugutandukanya n’abandi."

Umuyobozi Mukuru ushinzwe abakozi n’ibijyanye n’imyitwarire n’umuco muri BK, Flora Nsinga, yasabye abahuguwe gushyira mu ngiro ibyo bigishijwe kuko ari yo nkingi y’imikorere inoze ikwiye abakora mu by’imari. Ati “Mukwiye gukora mutiganda mugatahiriza umugozi umwe mushyira mu bikorwa ibyo mwahuguwemo, kuko ari bwo buryo bwo kugera ku mikorere ikwiye abakora muby’imari.”

Iyi gahunda ya Banki ya Kigali yo guhugura abakozi bayo muri BK Academy ni ngarukamwaka, mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bw’abitezweho kuzagira uruhare mu gutuma u Rwanda rukomeza kuba igicumbi cy’ibigo by’imari, yaba muri Afurika no ku isi.

Abanyeshuri 29 basoje amasomo ku mikorere ya Banki batoranyijwe mu bandi 5.920
Abanyeshuri bahawe impamyabumenyi bafashe ifoto y'urwibutso n'abayobozi
Akanyamuneza kari kose ku bayobozi ba BK ubwo abahuguwe na BK Academy bahabwaga impamyabushobozi zabo
Mami F. Said ushinzwe abakozi ni umwe mu bateguye aya mahugurwa yombi
Muri 29 bahuguwe ku mikorere ya Banki, 15 ni igitsina gore
Ni ibirori byitabiriwe n'abayobozi ba Banki ya Kigali n'abafatanyabikorwa bayo
Umuyobozi Mukuru ushinzwe abakozi n’ibijyanye n’imyitwarire n’umuco muri Banki ya Kigali, Flora Nsinga, yasabye abahuguwe gushyira mu ngiro ibyo bigishijwe
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, yibukije abahuguwe ko bakwiye kurangwa n’ubunyamwuga mu kazi kuko ari cyo kizabatandukanya n'abandi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages