00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bank of Africa Rwanda yashyizeho serivisi y’ingoboka ku bakiliya bayo bapfushije

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 July 2025 saa 08:15
Yasuwe :

Bank of Africa Rwanda ku bufatanye n’ikigo cy’ubwishingizi, Sanlam Allianz vie Plc, yamuritse serivisi yiswe ’KOMERA’, aho iyi banki izajya ifasha umuryango w’umukiliya wayo wagize ibyago byo gupfusha, ikawuha amafaranga y’ingoboka yo gushyingura.

Aya mafaranga azajya atangwa igihe ari umukiliya w’iyi banki witabye Imana, cyangwa yapfushije uwo bashakanye cyangwa umwana we.

Bank of Africa Rwanda yavuze ko yashyizeho iyi serivisi kuko ari ingenzi ko umuntu ahora yiteguye ibyago bishobora kumutungura kuko bimurinda umutwaro.

Iyi banki igaragaza ko serivisi ya KOMERA ari imwe mu zigaragaza ko yiyemeje kuba hafi no kugendana n’abakiliya bayo atari gusa mu bihe byiza byo kugera ku ntsinzi, ahubwo no mu bihe bagize ibyago kuko bidateguza ndetse bigera kuri buri wese.

KOMERA igenewe abakiliya ba Bank of Africa Rwanda bari hagati y’imyaka 18 na 65.

Amafaranga y’ingoboka atangwa ahera ku bihumbi 500 Frw, akagera kuri 5000000 Frw, bitewe n’amahitamo y’umukiliya.

Mu gihe habayeho kumenyesha banki, amafaranga yishyurwa mu gihe kitarenze amasaha 24, kugira ngo afashe umuryango muri icyo gihe kiba kitaworoheye.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubucuruzi muri Bank of Africa Rwanda, Jean Havugimana, yavuze ko "Muri Bank of Africa twemera ko mu buzima habaho ibyiza n’ibibi...Komera rero irenze gusa kuba serivisi, ahubwo ni isezerano. Ni isezerano ko no mu bihe bibi, tuzaba duhari, twifatanyije n’abakiliya bacu."

Yavuze ko binyuze muri KOMERA, Bank of Africa ikomeje intego yayo yo kuba umufatanyabikorwa mu by’imari uhora hafi y’abakiliya mu bihe byose by’ubuzima, ibabera imbaraga, ikabagaragariza impuhwe n’ubufasha budatezuka.

Bank of Africa Rwanda yashyizeho serivisi y’ingoboka ku bakiliya bayo bapfushije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages