00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amajyepfo: BPR Bank Rwanda yasabanye n’abakiliya bishimira imyaka 50 imaranye na bo

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 22 June 2025 saa 09:45
Yasuwe :

Abakiliya ba BPR Bank Rwanda Plc bo mu turere twa Nyanza, Nyamagabe, Nyaruguru, Gisagara na Huye, basabanye n’ubuyobozi bukuru bwayo, bishimira iterambere yagejeje ku batuye muri utwo turere.

Ku wa 20 Kamena 2025, ni bwo abakiliya, abanyamigabane n’abayobozi bakuru ba BPR Bank Rwanda Plc bahuriye mu Karere ka Huye, barasabana banungurana ibitekerezo.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri BPR Bank Rwanda Plc, Shema Mugisha Xavier, yavuze ko iyi gahunda ngarukamwaka igamije kwishimira ibyagezweho hamwe n’abafatanyabikorwa, hanarebwa ibyakosorwa mu mikorere no kumva ibyifuzo by’abakiliya.

Ati “Ubuheruka hari ibyo mwadusabye twakoze, ariko ntibivuze ko twarangije, urugendo rurakomeje kandi dukeneye guhora tunoza ibyo dukora ku bwanyu.”

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Mutesi Patience, yavuze ko umwaka wa 2025 ukomeye ku muryango mugari w’iyi banki kuko ari uwa 50 ishinzwe.

Ati “Harizihizwa imyaka 50 ya banki ifite agaciro karenga miliyari 1000 Frw. Ni urugendo rukomeye cyane kuko banki yanyuze muri byinshi, ariko ikomeza gutwaza. Uyu munsi iri muri sosiyete zikomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Mwahisemo neza kuyisunga, serivisi mwabona ubu zirenze iz’u Rwanda gusa, ahubwo ni izo muri EAC yose.”

Mutesi yavuze ko mu 2025 hatangiye gahunda y’uko abanyamigabane bayo bishyurwa urwunguko ku migabane yabo, bishimangira ko iyi banki iri mu murongo mwiza wo kunguka no gutera imbere.

Ati ‘‘Turifuza ko mudutiza ibitekerezo bizaduherekeza mu yindi myaka 50 iri imbere, kugira ngo twihute biruseho.’’

Gatera Laurent wo mu Karere ka Huye, wakoranye na BPR Bank Rwanda Plc kuva mu 1980, yavuze ko kuva na mbere iyi banki ari yo yageraga ku bantu mu gihugu hose.

Ati ‘‘Tubakeneyeho ko mukomeza kudufata nk’amata y’abashyitsi, umukiliya agakomeza kuba umwami.’’

Abihuriyeho na Nyamaswa François wo mu Karere ka Gisagara nawe wakoranye na BPR Bank Plc kuva mu 1990, washimye itarambere rya BPR Bank Rwanda Plc muri iki gihe, asaba bagenzi be b’abakiriya gukomeza kuyisunga kuko bigaragara ko ibaganisha aheza.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yashimye igikorwa cya BPR Bank Rwanda Plc cyo kwegera abaturage bitagamije kubishyuza, ahubwo bubaka ubucuti n’icyizere, yibutsa ko biri mu murongo wa Leta wo gushyira umuturage ku isonga.

Ati ‘‘Namwe mwashyize umukiliya ku isonga.’’

Yakomeje asaba BPR Bank umusanzu wo kwegera abaturage kugira ngo barusheho kugira amakuru y’imikorere y’ibigo by’imari hagamijwe guteza imbere umuco wo kwizigamira no kwaka inguzanyo.

BPR Bank Rwanda Plc yatangiye ari Banki y’Abaturage y’u Rwanda(BPR), ishingwa mu 1975.

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank, Mutesi Patience, yatangaje ko iyi banki ubu ifite agaciro gasaga Tiriyari 1 Frw, abwira abayiyobotse ko bahisemo neza
Uhagarariye abanyamigabane ba BPR Bank, Nyiringango Pascal, yasabye abanyamigabane bayo gushikama kuko ubu yatangiye kubungura ku migabane bafitemo
Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri BPR Bank, Shema Mugisha Xavier, yavuze ko iyi gahunda yo kwegera abakiriya ibafasha kurushaho kubatega amatwi no kumva ibyakosorwa
Nyamaswa François wabanye na BPR kuva mu myaka ya za 1990, yibukije abantu uko kera uwayiganaga yapimwaga SIDA, ashima ko ubu ari banki idaheza
Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye ubuyobozi bwa BPR Bank yo bifuza kubamurikira imihigo bafite, ikareba niba itayigenera amafaranga
Gatera Laurent, wakoranye na BPR kuva mu 1980, yavuze ko ishema yahoranye ryo kuba banki ya mbere iba hafi y'abakiriya bikwiye guhora biranga BPR Bank
Batamuriza Isabelle, umukiriya wa BPR Bank mu Karere ka Huye, yashimye ko iyi banki yita no ku mugore imuherekeza mu iterambere
Abakiriya ba BPR Bank mu gice cy'Amajyepfo y'u Rwanda, bishimiye ko igeze aheza mu myaka 50 imaze ivutse
Abakiriya ba BPR Bank bo mu Majyepfo y'u Rwanda, bishimiye ko igeze aheza mu myaka 50 imaze ivutse
Abakozi ba BPR Bank mu gice cy'Amajyepfo y'u Rwanda nabo bari bakereye ibi birori

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .