00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore bagize 87% by’abakozi ba Duterimbere IMF Plc bashimiwe uruhare mu iterambere ryayo

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 8 March 2026 saa 11:05
Yasuwe :

Ikigo cy’Imari cya Duterimbere IMF Plc, cyizihije umunsi Mpuzamahanga wahariwe Abagore kuri uyu wa 8 Werurwe 2026, abakora muri iki kigo bibutswa ko bafite ubushobozi bwo gukora ibikorwa bibini.

Bibukijwe ko icyo bibasaba ari ugutinyuka bakirinda ababaca intege. Uyu munsi Duterimbere IMF Plc yawizihirije mu Mujyi wa Kigali.

Abagore bakora muri Duterimbere IMF Plc babwiwe ko kugira ngo iki kigo kigere aho kigeze ubu, ari bo babigizemo uruhare dore ko bagize 87% y’abakozi bakoramo.

Babwiwe ko bakwiye gukomeza kugira umuhate n’umurava kugira ngo bakomeze bateze imbere iki kigo n’umuryango nyarwanda muri rusange.

Umuyobozi Mukuru wa Duterimbere IMF, Ngabonziza Alphonse, yavuze ko intego ikigo ayoboye cyatangiranye ari uguteza imbere abagore, ashimangira ko byagezweho kandi bagikomeje urwo rugendo.

Yagize ati “Umubare munini w’abagize Inama y’ubutegetsi ni abagore, turabashimira cyane uburyo bitanga mu kazi, uruhare bagira mu byemezo bifatwa bituma ikigo gikomeza gutera imbere umunsi ku wundi.”

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi muri Duterimbere IMF Plc, Uwimbabazi Hélène yavuze ko abagore ari ba mutima w’urugo, ko iyo bagize uruhare mu kubaka umuryango mwiza binagirira akamaro igihugu cyose muri rusange.

Ati “Ntabwo kera abagore bari bemerewe gukora, ntibigaga, ntibatungaga imitungo nta n’ubwo bari bafite uburenganzira bwo kujya muri politiki cyangwa mu buyobozi. Abagore twavuye kure, kwizihiza uyu munsi ni iby’agaciro.”

Mutamuriza Anitha umaze imyaka 15 akora muri Duterimbere IMF Plc yavuze ko yatangiye kuhakora afite abana bato, gusa bitamubujije gutanga umusaruro uko bikwiriye kuko yari yiyemeje ko ari ibintu yashobora.

Yagize “Natangiye gukora muri Duterimbere mfite abana batatu kandi bose bari bakiri bato, ariko ibyo ntabwo byambujije kwita ku rugo rwanjye no gukora akazi neza. Icyamfashije ni uko nari mfite gahunda genderaho, buriya ibintu byicwa no kutagira umurongo ugenderaho.”

Duterimbere IMF Plc ni ikigo cy’imari cyatangijwe na Duterimbere, Umuryango utegamiye kuri leta ugizwe n’abagore gusa, mu 2004.

Intego nyamukuru yari uguha serivisi z’imari abagore, bagahabwa inguzanyo ifite inyungu nkeya kandi mu gihe gito bikabafasha kwiteza imbere.

Kugeza ubu Duterimbere IMF Plc ifite amashami 20 mu bice bitandukanye by’igihugu.

Umuyobozi Mukuru wa Duterimbere IMF Plc, Ngabonziza Alphonse, yavuze ko abagore bagize uruhare runini mu guteza imbere ikigo ayoboye
Abagore bakora muri Duterimbere IMF Plc basabwe kwigirira icyizere kugira ngo bakomeze gukora ibikorwa by'indashyikirwa
Abagore bagize Inama y'Ubutegetsi muri Duterimbere IMF Plc bashimiwe uruhare bagira mu gufata ibyemezo bigirira ikigo akamaro
Mutamuriza Anitha, umaze imyaka 15 akora muri Duterimbere avuga ko kwigirira icyizere byamufashije gutanga umusaruro
Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi muri Duterimbere IMF Plc, Uwimbabazi Hélène, yavuze ko umugore agira uruhare mu kubaka umuryango mwiza bikagatuma igihugu gitera imbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages