Ni ku nshuro ya 19, Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere, RDB, hizihizwa ibi binyabuzima byo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bisigaye hake ku Isi.
Uyu muhango umaze kumenyerwa nk’uhuruza amahanga kuko witabirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye, abavuga rikumvikana hirya no hino ku Isi, ibyamamare muri ruhago, sinema n’umuziki ndetse n’abaharanira kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.
Kuri ubu abana b’Ingagi 23 nibo bazitwa amazina nk’uko byatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB. Buri mwana w’ingagi aba afite umushyitsi yaba uwaturutse mu Rwanda cyangwa hanze yahoo, umwita izina.
Nk’umwaka ushize, abarimo Umwami w’u Bwongereza, Charles, Didier Drogba n’abandi bise amazina abana b’Ingagi.
Menya abana b’Ingagi bazitwa amazina muri uyu mwaka, igihe bavukiye ndetse n’imiryango bakomokamo.


















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!