00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tuganure Rose Apart Hotel, ahantu hashya ho kuruhukira mu mutima wa Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 12 February 2023 saa 10:45
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali ukomeje gutumbagira mu iterambere mu mpande zitandukakanye, ariyo mpamvu abanyamahanga bahora ari urujya n’uruza bahashaka amahirwe bashoramo imari.

Umutekano, isuku, n’urugwiro ni bimwe mu byo uwageze i Kigali ataha yiharahira.

Kimwe mu bikorwa u Rwanda rwashyizemo imbaraga ngo abarusuye batahe baruvuga imyato, ni urwego rwo kwakira abantu, aha bijyana n’ibikorwaremezo byubatswe birimo hoteli, restaurent n’ibindi bituma uwahageze atifuza gutaha.

Rose Apart Hotel ni hamwe mu hantu hashya hashyiriweho kwakira abantu. Iyi ni Hoteli iherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, ahazwi nko ku Gisimenti.

Iyi hoteli yubatswe n’umunyarwandakazi Rose Rusingiza usanzwe uba mu Bubiligi, wafashe iya mbere agahitamo kugaruka gutanga umusanzu ugaragara mu iterambere ry’u Rwanda.

Mu 2021 nibwo iyi hoteli yatashywe ikaba ari imwe mu zifashishijwe gucumbikira abashyitsi bari batemberereye u Rwanda mu gihe cy’Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM).

Rose Apart hotel yubatswe mu buryo bugezweho, ni inyubako ishobora gucumbikira abantu benshi icyarimwe. Ifite umwihariko wo kubamo ibikoresho byose bikenerwa mu nzu ku buryo uyirimo aba ameze nk’uri mu rugo.

Nubwo iri mu mujyi rwagati, urimo imbere ntiyumva urusaku n’umuvundo w’imodoka bisanzwe biranga umujyi. Ni hoteli itatse Kinyarwanda mu nguni zose.

Muri iyi hoteli batanga serivisi zirimo gucumbikira abantu mu byumba by’ubwoko butandukanye birimo ‘Family room’, ni ukuvuga ‘apartment’ ifite ibyumba bibiri binini birimo ibitanda bigezweho, igikoni, uruganiriro, ubwogero bubiri n’ubwiherero bubiri bugezweho.

Iki cyumba, gucumbikamo ijoro rimwe ni 190$, ugahabwa n’amafunguro ya mu gitondo.

Hari ubundi bwoko bw’ibyumba buri muri iyi hoteli bwa ‘suite room’. Ni icyumba kimwe cyo kuraramo, uruganiriro rwisanzuye, igikoni kigezweho, ubwogero bugezweho n’ibwiherero bubiri.

Muri iki cyumba kuraramo ijoro rimwe ni 160$, ugahabwa n’amafunguro ya mu gitondo.

Hari kandi ubundi bwoko bw’icyumba cya ‘Single room’ ishobora kwakira umuntu umwe. Haba harimo igitanda kigezweho n’ubwogero n’ubwiherero bugezweho.

Kuraramo ijoro rimwe ni 100$ harimo n’amafunguro ya mu gitondo.

Usibye kuryama muri Rose Apart hotel, hari na restaurant iteka amafunguro y’ubwoko bwose ariko ifite umwihariko wo gutunganya amafunguro y’Abataliyani.

Rusingiza Rose yavuze ko yahisemo kubaka iyi hoteli kugira ngo agire umusanzu atanga mu iterambere ry’igihugu, ndetse no kwishimira ko yiyubatse nyuma y’amateka asharira yanyuzemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muri iyi minsi yo kwizihiza umunsi w’abakundana, Saint Valentin, Rose Apart Hotel yagabanyije ibiciro ho 20 %, kugira ngo bafashe abashaka gutsindagira urukundo rwabo.

Iyi hoteli iherereye i Remera, mu marembo y'umurwa mukuru ku bavuye ku kibuga cy'indege
Abakunzi b'agasembuye bashyiriweho ahantu hatuje bashobora kugasomera, batera urwenya
Amafunguro y'ubwoko butandukanye yatekewe muri iyi hoteli niyo yakirizwa abayigana
Coctail iteguwe neza muri Rose Apart Hotel
Abakundana bashyizwe igorora ku munsi wabahawe uzaba tariki 14 Gashyantare 2023
Ikawa y'u Rwanda ni kimwe mu byoroshye kuboneka muri Rose Apart Hotel
Bafite inzobere mu gutegura imitobe 'jus' iryoshye
Ibinyobwa by'ubwoko butandukanye biboneka muri Rose Apart Hotel
Hashyizweho ahantu hihariye ho gutekera icyayo cy'u Rwanda muri Rose Apart Hotel
Umutako ugaragaza icyayi nka kimwe mu bihingwa byinjiriza menshi u Rwanda
Iyi hoteli yafunguwe mu 2021 ubwo u Rwanda rwiteguraga kwakira CHOGM
Imitako ya Kinyarwanda niyo igusanganira mu byumba byose bya Rose Apart Hotel
Buri cyumba kirimo uburyo bw'itumanaho butuma umuntu abona icyo yifuza ataurshye
Suite Room ifite uruganiriro
Ucyinjira muri iyi hoteli, hari abashinzwe kwakira abashyitsi
Family room inafite umwanya wo gufatiramo amafunguro
Iyo ubishatse mu cyumba wicara ku ntebe yashyizwemo, ukaruhuka ureba televiziyo
Family room ifite ibyumba bitandukanye
Hari restaurent rusange iteka indyo zitandukanye
Ibi bihangano by'ubugeni biri muri iyo hoteli byakorewe mu Rwanda
Mu bwiherero isuku ni yose
Ubwiza bwa hoteli buterwa n'umuvinyo itanga. Muri Rose Apart Hotel hari imivinyo yengewe mu bice bitandukanye by'Isi
Imiryango ishaka kwishimana muri iyi minsi yahawe ikaze
Imitako itandukanye niyo igaragaza ubwiza bwa Rose Apart Hotel
Uburiri bw'iyi hoteli buri mu bya mbere byitondewe, bikorwa mu buryo bwiyubashye
Family room ni icyumba cyisanzuy, giherereye ahantu uba witegeye umujyi wa Kigali
Isuku ni kimwe mu byashyizwe imbere muri iyi hoteli
Buri cyumba gifite nimero
Buri gikoni kiri mu cyumba, kigizwe n'ibikoresho byo guteka bifite ikoranabuhanga rigezweho
Mu bwogero naho hatunganyije neza
Buri cyumba kirimo televiziyo, ifasha abaharuhukiye gukomeza kumenya ibibera hirya no hino
Mu gihe ukeneye amavuta wacumbitse muri iyo hoteli, biroroshye kuyabona kandi meza
Mu cyumba cyiswe 'Family Room' harimo igikoni kigezweho
Essuie-mains za Rose Apart Hotel zirihariye, zakozwe bigendanye n'ibyifuzo by'abakiliya
Hashyizwemo amatara akoze mu buryo bwihariye bujyanye n'icyo uhageze yifuza

Amafoto: Munyakuri Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .